00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abasirikare ba Israel barwanye muri Gaza bashyiriweho impapuro zo kubata muri yombi

Yanditswe na Ishimwe Cedric
Kuya 6 January 2025 saa 03:15
Yasuwe :

Umwe mu basirikare wa Israel wari uri mu bihuruko mu gihugu cya Brazil yahunze iki gihugu igitaraganya, nyuma y’uko yari atangiye gushakishwa ngo akurikiranwe ku byaha by’intambara bivugwa ko yakoreye muri Gaza, kimwe n’abandi basirikare ba Israel barwanye muri Gaza.

Mu cyumweru gishize, Umucamanza wo mu gihugu cya Brazil yasabye ko hakorwa iperereza kuri uyu musirikare, hashingiwe ku birego byatanzwe n’Umuryango utegamiye kuri Leta muri Palestine witwa ’Hind Rajab Foundation’ (HRF) bamushinja uruhare yagize mu bitero byagiye bigabwa ku baturage bo muri Gaza.

Uwunganira mu mategeko uyu muryango, Maria Pinheiro, yavuze ko kubera ko Brazil yashyize umukono ku masezerano y’i Roma yashyizeho Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC), yemerera abanyamategeko gukurikirana abantu bakoze ibyaha birimo ibya Jenoside, iby’ibasiye inyokumuntu ndetse n’ibyaha by’intambara ko bikurikiranwa mu buryo bw’iperereza kandi ababikoze bakabihanirwa.

HRF ni umuryango utegamiye kuri Leta uharanira inyungu za Palestine uvuga ko ushingiye ku guca ukubiri n’ubudahangarwa bwa Israel no kwibuka umukobwa w’imyaka itanu wishwe n’igifaru ubwo yarari mu modoka y’iwabo muri Gaza, Hind Radjab, ndetse n’abandi bose baguye mu ntambara muri Gaza.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yavuze ko bagomba kugennzura ko umuturage wa Israel atagira ibyago biturutse ku bo yise abarwanya Israel ngo bari gukora iperereza kuri uyu wahoze ari umusirikare wa Israel

Uru rubunza rwo muri Brazil rwavugishije benshi harimo Umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Israel, Yair Lapid, yavuze ko ibi ari igisebo kubona umusirikare wabo ahunga kubera intambara yabereye muri Gaza,

yagize ati “kubona uwahoze ari umusirikare wa Israel ahunga igihugu mu gicuku kugira ngo yirinde gutabwa muri yombi azira kurwanira muri Gaza, ni ikimenyetso kerekana ugutsindwa kwa Guverinoma iriho.”

Kugeza ubu nta cyemeza ko hari umusirikare waba warafashwe cyangwa ngo afungwe bitewe n’ibi birego babarega by’intambara.

Abasirikare ba Israel bari mu mahanga bari gukurukiranwa ku byaha by’intambara

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .