00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abasirikare 300 ba Koreya ya Ruguru bamaze gupfira mu ntambara yo muri Ukraine

Yanditswe na Niyigena Radjabu
Kuya 13 January 2025 saa 10:53
Yasuwe :

Ikigo cy’Ubutasi cyo muri Koreya y’Epfo kuri uyu wa 13 Mutarama 2025 cyatangaje ko abasirikare 300 bo muri Koreya ya Ruguru bamaze gupfira mu ntambara Ukraine ihanganyemo n’u Burusiya.

Leta ya Koreya y’Epfo iherutse gutangaza ko Perezida wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong Un, yoherereje u Burusiya ingabo zisaga 10.000 mu rwego rwo kubufasha mu ntambara yabwo na Ukraine.

Bivugwa ko ubufasha bwa Koreya ya Ruguru mu ntambara yo muri Ukraine ari ingurane y’ibikoresha bya gisirikare u Burusiya bwayihaye.

Mu mpera z’icyumweru gishize, Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yavuze ko ingabo z’igihugu cyabo zafashe abasirikare babiri ba Koreya ya Ruguru, yongeraho ko yakwemera ko baguranwa ababo bafashwe n’u Burusiya.

Ubutumwa bw’uyu Mukuru w’Igihugu bwaherekejwe n’amashusho agaragaza aba basirikare bahatwa ibibazo.

Umudepite wo muri Koreya y’Epfo, Lee Seong-kweun, yavuze ko abasirikare bafashwe bategetswe na Leta ya Koreya ya Ruguru ko bagomba kwiyahura, aho gufatwa nk’imfungwa kandi ngo byagaragaye mu nyandiko bari bafite ubwo bafatwaga.

Ku rundi ruhande, Ukraine nayo yagiye ishinjwa guterwa inkunga n’abarwanyi ndetse n’ingabo baturutse cyane cyane mu bihugu byo mu Burengerazuba bw’Isi.

Leta ya Koreya ya Ruguru yohereje abasirikare muri Ukraine kugira ngo bafashe bagenzi babo b'Abarusiya

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .