Kimwe no ku Isi, urubura rubika amakuru y’igihe kirekire ku buryo abashakashatsi barwifashisha mu kwiga imiterere y’ubuzima yo mu myaka miliyoni nyinshi ishize, ndetse bikaba byanatanga amakuru agamije kwerekana intangiro y’ubuzima muri rusange.
Kubera ko nta muntu uragera kuri Mars ngo ahakorere ubushakashatsi imbonankubone, abashakashatsi bari kwifashisha amafoto 45 yafashwe na NASA mu rwego rwo kwiga imiterere y’ubuzima aho kuri Mars.
Amakuru y’ibanze yamaze kugaragara ni uko urubura rwaguye kuri Mars hagati y’inshuro esheshatu na 20 mu myaka iri hagati ya miliyoni 300 na 800 ishize.
Nyuma y’uko urubura ruguye kuri Mars muri iyo myaka, ntirwigeze ruva aho rwaguye, aho rwakomeje kuguma munsi y’amabuye manini n’urutare biri kuri uwo mubumbe.
Bitandukanye no ku Isi aho urubura rwa nyuma rwayiguyeho mu myaka 20 000 ishize, rwose rwagiye ku mpera z’Isi, ari na ko bikimeze magingo aya.
Biteganyijwe ko amakuru aba bashakashatsi bazabona azatuma bamenya niba kuri Mars harahoze ubuzima, dore ko hagiye hagaragara ibimenyetso byatumye benshi bavuga ko uyu mubumbe wahozeho ubuzima ndetse ushobora kuzongera guturwamo n’abantu mu myaka iri imbere, dore ko hari gukorwa ibyogajuru karundura bizaba bifite ubushobozi bwo kugeza abantu kuri Mars.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!