00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abashakashatsi bari bamaze amezi icyenda baraheze mu isanzure bagiye kugaruka ku Isi

Yanditswe na Kangabe Nadia
Kuya 18 March 2025 saa 08:30
Yasuwe :

Urwego rushinzwe iby’Isanzure muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, NASA, rwatangaje ko abashakashatsi babiri, Butch Wilmore na Suni Williams bari bamaze amezi icyenda baraheze mu isanzure, bagiye kugaruka ku Isi.

Butch Wilmore na Suni Williams bagiye mu isanzure bakoresheje icyogajuru cyiswe ‘Starliner’ cy’uruganda rwa Boeing ku wa 5 Kamena 2024, mu butumwa bwari buteganyijwe kumara iminsi umunani bwo gusuzuma iki cyogajuru.

Cyahagurukiye mu gace ka Cape Canaveral muri Leta ya Florida, kigarukira kuri sitasiyo mpuzamahanga y’ibyogajuru, ISS (International Space Station) bitewe n’uko cyari gitangiye kugira ibibazo.

Ku wa 7 Nzeri 2024 iki cyogajuru cyagarutse ku Isi kitarimo abashakashatsi babiri cyari cyajyanye mu isanzure, mu kwirinda ko bagira ibibazo.

Kuri ubu aba bashakashatsi bari baragumye mu isanzure mu gihe cy’amezi icyenda bagiye gutaha ku Isi.

Biteganyijwe ko Butch Wilmore w’imyaka 61 na Suni Williams w’imyaka 59, bagaruka ku Isi kuri uyu wa Kabiri mu rugendo ruri bumare amasaha 12.

Butch Wilmore na Suni Williams bagiye mu isanzure bakoresheje icyogajuru cyiswe ‘Starliner’ cy’uruganda rwa Boeing

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .