00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abarenga ibihumbi 160 bagiye kwinjizwa mu gisirikare cy’u Burusiya

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 2 April 2025 saa 11:35
Yasuwe :

Igisirikare cy’u Burusiya kigiye kwinjiza abantu ibihumbi 160 mu gisirikare mu rwego rwo kucyongerera imbaraga, aho ari wo mubare munini ugiye kwinjizwa mu gihembwe cya mbere cy’umwaka kuva mu 2011.

Abazinjizwa mu gisirikare ni abafite imyaka iri hagati ya 18 na 30, gusa aba basirikare ntibazoherezwa mu ntambara igihugu cyabo kirimo muri Ukraine, ahubwo bazatozwa, barinde umutekano w’igihugu bari iwabo.

Mu gihembwe cya mbere cy’umwaka ushize na bwo u Burusiya bwari bwakiriye abasirikare bashya ibihumbi 150, bivuze ko biyongereyeho ibihumbi 10. Ku rundi ruhande, u Burusiya bwongera abasirikare mu ngabo mu bihe by’impeshyi ndetse n’itumba.

Muri rusange, iki gihugu gifite intego yo kongera umubare w’abasirikare bacyo, ukava ku miliyoni 1,5, ukagera kuri miliyoni 2,39.

Mu kugera kuri iyi ntego, imyaka y’abemerewe kwinjira mu gisirikare yariyongereye, iva kuri 27 igera kuri 30.

Igisirikare cy'u Burusiya kigiye kwakira abasirikare ibihumbi 160

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .