Uyu mutingito watumye Guverinoma y’iki gihugu ishyiraho icyumweru cy’icyunamo, kigomba gutangira kuri uyu wa Kabiri Saa 12:51, isaha nyir’izina umutingito wabereyeho ku wa Gatanu w’icyumweru gishize.
Mu bihugu bituranye na Myanmar, by’umwihariko Thailand, abantu 20 nibo bamaze gupfa bishwe n’umutingito mu gihe abandi babarirwa mu bihumbi batabawe aho bari bagwiriwe n’inzu mu Mujyi wa Bangkok.
Ibikorwa by’ubutabazi birakomeje hirya no hino mu gihugu. Loni ivuga ko uyu mutingito wabaye mu gihe kibi cyane ko iki gihugu cyari kimaze imyaka ine mu bibazo by’intambara.
Bivugwa ko nubwo hari ikibazo cyatewe n’uyu mutingito, igisirikare kiyoboye igihugu gikomeje kurwana n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwacyo, bari gusaba ko ubuyobozi buhinduka, bugashingira kuri demokarasi.
Amwe mu mafoto agaragaza ibice byangijwe n’uyu mutingito muri Myanmar








TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!