Uyu mutingito wari ufite ubukana buri ku gipimo cya 5,6 wasenye inzu nyinshi, uteza imyuzure, ababarirwa mu magana barahunga.
Kamala Oli, umuturage urwaje umwana wakomerekeye muri uyu mutingito, yagize ati “Byabaye mu masaha y’ijoro ubwo twari turyamye. Twari batatu mu nzu, umwe yahise apfa.”
Ubuyobozi bwatangaje ko abantu 105 bapfiriye mu gace ka Jajarkot na 38 muri Rukum, naho abasaga 100 ni bo bakomeretse.
Bamwe mu barokotse bahise bajyanwa mu bitaro bya Nepalgunj biri hafi y’umupaka wa Népal n’u Buhinde.
Itsinda ry’abatabazi ryagiye gufasha abibasiwe n’uyu mutingito, gusa bivugwa ko kuhagera byagoranye bitewe n’uko imihanda yaho yangiritse. Bahisemo kwifashisha indege za kajugujugu.
Minisitiri w’Intebe wa Népal, Pushpa Kamal Dahal, ku wa 4 Mutarama yasuye uduce twibasiwe cyane n’uyu mutingito, abwira abaturage ko ubuyobozi bwifatanyije mu kababaro n’ababuze ababo, yizeza abo wagizeho ingaruka ko bazakomeza gufashwa.
Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde, Narendra Modi, na we yagaragaje ko igihugu cyabo cyifatanyije mu kababaro n’imiryango yabuze abayo muri Népal, asezeranya Népal, ko bazayoherereza ubufasha.
Népal ikunze kwibasirwa n’ibiza bitewe n’ahantu iherereye ndetse n’imiterere y’ubutaka bwayo. Mu 2015, umutingito wari ku gipimo cya 7,8 warayibasiye, wica abantu bagera ku 9000, abandi barenga 22.000 barakomereka.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!