00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyamerika ntibavuga rumwe ku myitwarire ya Trump ku Burusiya

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 3 March 2025 saa 08:36
Yasuwe :

Abanyamerika bacitsemo ibice ku ngingo irebana n’uburyo Perezida wabo, Donald Trump, ari kwitwara ku Burusiya, mu rwego rwo guhagarika intambara icyo gihugu kimazemo imyaka itatu na Ukraine.

Mu ikusanyabitekerezo ryakozwe na CBS News, hagaragajwe ko nibura 34% by’Abanyamerika, bafata u Burusiya nk’igihugu cy’ingenzi cyane, mu gihe 32% bagifata nk’igihugu cy’inshuti, na ho 34% bakagifata nk’igihugu cy’umwanzi wa Amerika.

Aba-Repubulicains ni bo bagaragaje gushyigikira u Burusiya cyane, kuko nibura 41% bavuze ko icyo gihugu ari igihugu cy’inshuti na Amerika.

Ku rundi ruhande, 52% bashyigikiye Ukraine mu ntambara ihanganyemo n’u Burusiya, mu gihe 44% bari hagati, aho badashyigikiye uruhande urwo ari rwo rwose, abandi 4% bakaba bashyigikiye u Burusiya.

Abagera kuri 43% bavuga ko Perezida Trump afata kimwe u Burusiya na Ukraine, abandi 46% bakavuga ko ari ku ruhande rw’u Burusiya kurusha Ukraine, mu gihe abandi 11% bavuga ko ashyigikiye Ukraine kurusha uko abigenza ku Burusiya.

Iri kusanyabitekerezo rije mu gihe Amerika iri gushaka uburyo intambara imaze imyaka itatu hagati y’u Burusiya na Ukraine yahagarara, benshi bagashima uyu mugambi wa Perezida Trump nubwo abandi bawugaya, bakavuga ko ari gushyigikira u Burusiya cyane mu rugendo ruganisha kuri iyi ntego.

Abanyamerika ntibavuga rumwe ku myitwarire ya Perezida Trump ku Burusiya

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .