00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyamerika 57% ntibemeranya na gahunda ya Trump yo kuzamura imisoro

Yanditswe na Niyigena Radjabu
Kuya 10 April 2025 saa 07:23
Yasuwe :

Muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika abaturage bakomeje kwinubira izamuka ry’ibiciro ku bicuruzwa bitandukanye nyuma y’uko Donald Trump afashe icyemezo cyo kuzamura imisoro ku bicuruzwa bituruka mu bice hafi ya byose by’Isi byinjira muri Amerika.

Ikusanyabitekerezo ryakozwe na Reuters nyuma y’iminsi itatu imisoro mishya itangiye gushyirwa mu bikorwa, bwagaragaje ko 73% by’ababajijwe bavuze ko babona mu mezi atandatu ari imbere ibiciro bizazamuka cyane ku bicuruzwa hafi ya byose bagura buri munsi, abandi 4% bavuze bizamanuka mu gihe abasigaye ntacyo babivuzeho.

Muri ubu bushakashatsi bwakorewe ku barenga 1000 bo mu bice bitandukanye bya Amerika, 57% bo mu cyiciro cy’abakuze barimo n’abangana na ¼ cy’Aba-Republicain, bagaragaje ko batemeranya n’icyo cyemezo.

Abo mu Ishyaka ry’ Aba-Republicain ari na ryo Trump abarizwamo bangana na 73% barabyemeye mu gihe abangana na 24% batabishyigikiye.

Aba-Democrates bo barwanyije iki cyemezo ku rugero rwa 88% mu gihe abacyemeje ari 10%. Ni mu gihe abantu 41% bigenga bagaragaje ko bemera iryo zamurwa ry’ibiciro na ho 57% bavuze ko batemeranya na ryo.

Abanyamerika 52% bavuze ko bemeranya na Trump ko ibindi bihugu byagiye byungukira kuri Amerika mu bijyanye n’ubucuruzi mpuzamahanga.

Trump yakunze kuvuga ko iyi misoro yayizamuye mu rwego rwo guteza imbere inganda zo muri Amerika.

Abanyamerika 73% biteze ko mu gihe kiri imbere ibiciro bizatumbagira nyuma y'uko Trump ashyizeho imisoro mishya ku bicuruzwa byinjira muri Amerika biyurutse mu bindi bihugu hafi ya byose by'Isi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .