00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Trump yongeye gusaba Canada kuba Leta ya Amerika

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 3 February 2025 saa 07:36
Yasuwe :

Perezida Donald Trump yongeye gusaba Canada gutekereza ku cyifuzo amaze iminsi agaragaza, cyo kuba icyo gihugu cyakwemera kuba Leta ya 51 mu zigize Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Ni nyuma y’uko uyu muyobozi yari amaze gushyiraho umusoro wa 25% ku bicuruzwa byose bituruka muri Canada, uretse peteroli yongereweho 10%.

Canada nayo yahise ivuga ko igomba kongera umusoro ku bicuruzwa byose bituruka muri Amerika, icyakora benshi bakemeza ko Canada ari yo izabihomberamo cyane ko ari yo ifite ibicuruzwa byinshi byerekeza muri Amerika, kurusha ibyo Amerika yohereza muri Canada.

Perezida Trump yongeye gushimangira ko Amerika ikora byinshi mu nyungu za Canada, bikaba imwe mu mpamvu icyo gihugu cyayiyungaho, ati "Twishyura za miliyari z’amadolari mu gufasha ibicuruzwa bituruka muri Canada [kwinjira muri Amerika]. Kubera iki? Nta mpamvu."

Uyu mugabo yavuze ko Canada yemeye kwiyunga kuri Amerika, ’yakwishyura imisoro mike,’ Ingabo za Amerika zikarinda umupaka wa Canada kandi iki gihugu ntigifatirwe ibihano na Amerika.

Ntabwo ari ubwa mbere Trump agaragaza iki cyifuzo gusa ubwo aheruka, abayobozi ba Canada bamuteye utwatsi, uretse ko hari abaturage batangiye kuvuga ko iyi ari ingingo yo kuganiraho, aho kuyamagana itanasuzumwe.

Trump akomeje gusaba Canada kuba Leta ya Amerika

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .