00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Imigabane ya Tesla yagabanutseho 13%

Yanditswe na Niyigena Radjabu
Kuya 3 April 2025 saa 04:09
Yasuwe :

Sosiyete ya Tesla y’umuherwe Elon Musk, icuruza imodoka zikoresha amashanyarazi, yatangaje ko yahuye n’igihombo mu mezi atatu ya mbere ya 2025 aho ingano y’imodoka yacuruje zagabanutseho 13% ugereranyije n’igihembwe cya mbere cy’umwaka ushize.

Iri ni ryo gabanuka rinini Tesla ihuye na ryo mu myaka ya vuba kuko yagurushije imodoka 336.681 mu gihembwe cya mbere cya 2025, bigaragara ko zagabanyutseho imodoka ibihumbi 50 ugereranyije n’amezi atatu ya mbere ya 2024.

Bimwe mu byateye iki gihombo harimo ibitero byagabwe ku modoka na sitasiyo zizongeramo amashanyarazi byakozwe n’abadashyigikiye politiki ya Trump ukorana na Musk.

Tesla yavuze ko ivugurura ry’imodoka ya Model Y ryabaye rihagaitswe by’agateganyo mu nganda zayo zose.

Iki kigo cyaherukaga guhura n’igabanyuka ry’ibyo gicuruza mu 2022 kubera ingaruka z’icyorezo cya Covid-19.

Nyuma y’amatora ya Perezida muri Amerika, imigabane ya Tesla yikubye kabiri kubera ko abantu bakekaga ko umubano wa Musk na Trump uzatuma acuruza cyane. Gusa nyuma mu Ukuboza umugabane waje kugabanukaho 44%.

Nyuma y’uko iyi raporo igiye hanze kandi imigabane y’iyi sosiyete yahise igabanukaho 2% gusa yongeye kuzamuka na none nyuma y’uko bitangajwe ko Elon Musk azava ku mwanya w’umuyobozi wa DOGE ariko akazakomeza kuba umujyanama wa Trump usanzwe, uretse ko aya makuru yahakanwe na White House.

Sosiyete icuruza imodoka zikoresha amashanyarazi ya Tesla yatangaje ko yahuye n'igihombo gikomeye mu mateka yayo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .