00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Zimbabwe: Perezida Mnangagwa yemeje ko atazarenza manda ebyiri ku butegetsi

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 17 February 2025 saa 11:48
Yasuwe :

Perezida wa Zimbabwe, Emmerson Mnangagwa, yatangaje ko adateganya kurenza manda ebyiri kuko demokarasi itamwemerera kuzirenza.

Mnangagwa w’imyaka 82 y’amavuko ayobora Zimbabwe kuva mu Ugushyingo 2017, ubwo yasimburaga Robert Mugabe watakarijwe icyizere n’abaturage.

Biteganyijwe ko manda ye ya kabiri izarangira mu 2028, nyuma y’amatora y’Umukuru w’Igihugu n’abagize Inteko Ishinga Amategeko azaba muri uwo mwaka.

Mu kiganiro yagiranye n’abayobozi b’abanyamakuru kuri uyu wa 17 Gashyantare 2025, Mnangagwa yatangaje ko azamara ku butegetsi manda ebyiri gusa, asobanura ko yubahiriza demokarasi.

Yagize ati “Mfite manda ebyiri kandi izo manda zirasobanutse cyane, nubahiriza demokarasi. Nizirangira, nzavaho, kandi ishyaka ryanjye rizatora unsimbura. Ibyo birasobanutse.”

Bamwe mu bayoboke b’ishyaka Zanu-PF riri ku butegetsi bamaze iminsi bateguza ko bazasaba abaturage gutora kamarampaka igamije guhindura Itegeko Nshinga kugira ngo Mnangagwa azemererwe kwiyamamariza manda ya gatatu.

Minisitiri w’Ubutabera wa Zimbabwe, Ziyambi Ziyambi, muri Mutarama 2025 yatangaje ko ishyaka Zanu-PF n’ihuriro CCC biteganya kumvikana ku buryo amatora yo mu 2028 yakwegezwa inyuma ku bw’inyungu rusange.

Ziyambi yagize ati "Itegeko Nshinga ryemera ko amatora yegezwa inyuma igihe abarebwa na yo babyumvikanyeho, ndetse icyo cyemezo kiri mu nyungu z’igihugu. Hashingiwe ku guhuza kwa Zanu-PF na CCC ku ngingo zitandukanye, ibi bishobora kugerwaho."

Bamwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Zimbabwe bari bamaganye uyu mugambi, bateguza ko bazakora ubukangurambaga busaba abaturage kurwanya ihindurwa ry’Itegeko Nshinga.

Mnangagwa yabwiye abayobozi b'abanyamakuru ko atazarenza manda ebyiri
Uyu Mukuru w'Igihugu yasobanuye ko yubahiriza demokarasi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .