00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Urubyiruko rwasabwe kwima amatwi abashaka kuruyobya bagoreka amateka

Yanditswe na Ntabareshya Jean de Dieu
Kuya 30 December 2024 saa 10:30
Yasuwe :

Umuyobozi Mukuru w’Itorero ry’Igihugu muri Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Uwacu Julienne, yasabye urubyiruko rwarangije amashuri yisumbuye rwitegura gutangira urugerero rudaciye ingando, kwima amatwi abashaka kuruyobya, bagoreka amateka igihugu cyanyuzemo.

Yabigarutseho ubwo yasozaga Itorero ry’Inkomezabigwi 12 ribanziriza urugerero, urwo rubyiruko ruzakorera mu mirenge rubarizwamo. Ni igitaramo cyabereye mu Karere ka Kicukiro ku mugoroba wo ku wa 29 Ukuboza 2024.

Uwacu Julienne yagaragarije urwo rubyiruko ko ari amaboko u Rwanda rufite kandi ko rugomba kugira umusanzu ukomeye mu kubaka igihugu.

Yarusabye guharanira kugira uruhare rutanga mu rugamba rw’iterambere by’umwihariko mu ishyirwa mu bikorwa rya NST2 n’icyerekezo cya 2050 u Rwanda ruharanira kujyamo.

Ati “Urugamba twebwe tugomba kurwana uyu munsi ni urwo kubaka igihugu giteye imbere kandi gitekanye. Urwo rugamba kurujyaho birasaba ubumenyi, ubushake, imbaraga no guhozaho.”

Yaboneyeho gusaba urubyiruko kwima amatwi abashaka kuruyobya bagoreka amateka igihugu cyanyuzemo, arusaba guhangana nabo no kubanyomoza.

Ati “Hari abantu bashaka kubayobwa bakoresheje imbuga nkoranyambaga, bagashyiraho ibintu bisa no kugoreka amateka, abandi bakayagoreka, bakagenda babakurura bakabajyana, mukazisanga mwaguye mu mwobo. Muzababwire muti twarasobanukiwe ariko ntimunagarukire aho ngaho namwe mujyeho muhangane n’abo bazi amateka biyarengaho nkana.”

Meya w’Akarere ka Kicukiro, Antoine Mutsinzi, yasabye uru rubyiruko gushyira imbere imyitwarire myiza ndetse no kwimakaza indangagaciro zikwiriye Abanyarwanda.

Urubyiruko rwagaragaje ko rushyize imbere ishema ry’Igihugu, kandi ko rutazacibwa intege n’abashaka kugoreka amateka bakoresheje imbuga nkoranyambaga ahubwo biteguye guhangana nabo nk’uko Twizerimana Eric yabigarutseho.

Ati “Twebwe turi urubyiruko, dukoresha imbuga nkoranyambaga zitandukanya ari nazo banyuzaho ayo makuru mabi agoramye asubiza igihugu cyacu inyuma. Icyo tuzakora rero, tuzahangana nabo. Batangaza ibibi, dutangaza ibyiza byo kubanyomoza kugira ngo turusheho kurwanira ishema igihugu cyacu.”

Mugenzi we Ntamvutsa Stessy, yavuze ko mu byo baharanira kugeraho, bazimakaza ubumwe n’umurava kugira ngo babashe gusenyera umugozi umwe mu rugamba rwo guteza imbere igihugu.

Uwacu Julienne yasabye urubyiruko kwirinda abaruyobya
Meya w'Akarere ka Kicukiro, Mutsinzi Antoine, yasabye urubyiruko kurangwa n'indangagaciro nziza
Uru rubyiruko rwagize umwanya wo guhiga imihigo, aha abayobozi barebaga mu mihigo yarwo
Twizerimana Eric wo mu Murenge wa Masaka, yagaragaje ko biteguye guhangana n'abaharabika u Rwanda
Habaye n'igitaramo cyarufashije gusabana
Uru rubyiruko rwagize umwanya wo kubyina no kugaragaza impano rwibitseho
Abayobozi bafatanya n'urubyiruko mu kuririmba
Uwacu Julienne yasabye urubyiruko kugira uruhare mu kubaka igihugu
Uru rubyiruko rwahize gukomeza kurangwa n'ikinyabupfura
Urubyiruko rweretswe ko ari imbaraga z'Igihugu rusabwa kubibyaza umusaruro

Amafoto: Shumbusho Djasiri


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .