00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

UNICEF yasabye ko igitaramo Maître Gims yahuje n’itangira ry’Icyunamo mu Rwanda gisubikwa

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 13 March 2025 saa 10:09
Yasuwe :

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana, UNICEF, ryasabye ko igitaramo umuhanzi Gandhi Alimasi Djuna wamamaye nka Maître Gims ateganya gukorera mu Bufaransa tariki ya 7 Mata 2025 gisubikwa.

Umuvugizi wa UNICEF, Nidhi Joshi, yasobanuriye The New Times ko ishami ryayo mu Bufaransa ryamenyesheje abategura iki gitaramo ko tariki ya 7 Mata ari umunsi mpuzamahanga wahariwe kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ibasaba guhindura umunsi.

Ati “Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye yemeje ko tariki ya 7 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Rwanda. UNICEF yubaha uyu mwanzuro, ikemeza ishingiro ryawo.”

Maître Gims ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aherutse gusobanura ko iki gitaramo kizabera muri Accor Arena mu mujyi wa Paris, kizakusanyirizwamo inkunga izagezwa kuri UNICEF kugira ngo ifashe abana b’Abanye-Congo bagizweho ingaruka n’intambara yo mu burasirazuba bwa RDC.

Joshi yagaragaje ko mu gihe iki gitaramo cyaba kuri iyi tariki, byafatwa nko guhakana Jenoside, kandi ko itazemera kwakira inkunga izagikusanyirizwamo.

Ati “Itariki nidahinduka, UNICEF yabisobanuriye neza abagiteguye ko tutazakira inkunga izava muri iki gitaramo.”

Umuyobozi w’Abanyarwanda baba mu Bufaransa, Renzaho Christophe, tariki ya 7 Werurwe 2025 yandikiye Meya w’Umujyi wa Paris, Anne Hidalgo, amusaba guhagarika iki gitaramo.

Renzaho yagaragaje ko Abanyarwanda bababajwe no kuba iki gitaramo cyarashyizwe ku munsi mpuzamahanga wo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, bigakorwa by’umwihariko n’umuhanzi ugaragaza ko yanga Abatutsi, akabiba amacakubiri.

Yagize ati “Gusubika iki gitaramo bizafasha abashaka guhurira hamwe kuri uwo munsi wagenewe kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi yatewe n’urwango nk’urwo, babazirikane birushijeho. Bizanafasha kwirinda guteza ibibazo mu baturage kuko iki gitaramo kibaye muri ubu buryo kitabura kubikurura.”

Uretse kwanga Abatutsi, Maître Gims yakunze kwibasira u Rwanda na Perezida Paul Kagame mu bihe bitandukanye. Leta ya RDC yigeze kumwishyura ibihumbi 600 by’Amayero kugira ngo atuke u Rwanda.

Maître Gims agaragaza ko iki gitaramo kigamije gukusanyiriza abana b'Abanye-Congo inkunga
UNICEF yagaragaje igitaramo cya Maître Gims nk'uburyo bwo guhakana Jenoside

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .