00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umuyobozi w’agateganyo wa Syria yanze guha ikiganza Minisitiri Baerbock w’u Budage

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 5 January 2025 saa 03:22
Yasuwe :

Umuyobozi w’agateganyo wa Syria akaba n’uw’umutwe wa HTS wakuyeho ubutegetsi bwa Bashar al-Assad, yanze guha ikiganza Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Budage, Annalena Baerbock, bitewe n’uko ari umugore.

Minisitiri Baerbock hamwe na mugenzi we w’u Bufaransa, Jean-Noël Barrot, bageze muri Syria kuri uyu wa 4 Mutarama 2025, aho bari bagiye guhura na Abu Mohammad al-Julani uyobora iki gihugu by’agateganyo.

Julani uzwiho kugendera ku mahame akomeye ya Islam ubwo yahuraga n’aba baminisitiri, yahaye ikiganza Barrot ariko bigeze kuri Baerbock, ahitamo kumusuhuza ashyize ikiganza ku gituza.

Icyo Minisitiri Baerbock yakoze ubwo Julani yashyizaga ikiganza ku gituza, ni ukumukomera amashyi mu buryo bugaragaza ko nta kibazo yagize ku mahitamo y’uyu muyobozi.

Minisitiri Baerbock yasobanuriye abanyamakuru mu Budage ko mbere yo kujya muri Syria, yari azi neza ko Julani atamuha ikiganza, ati “Ubwo navaga hano, nari mbizi ko hashobora kubaho ukudahana ikiganza bisanzwe.”

Kimwe mu bikomeye byajyanye Baerbock na Barrot muri Syria ni ugusaba ubuyobozi bw’agateganyo bw’iki gihugu kudaheza abagore muri Leta. Ni ihame ritandukanye n’iryo Assad yagenderagaho.

Julani yahaye ikiganza Minisitiri Barrot gusa
Kuri Minisitiri Baerbock, Julani yashyize ikiganza ku gituza
Minisitiri Baerbock yasobanuye ko yari azi ko Julani atamuha ikiganza

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .