00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umuhanda Giporoso-Masaka ugiye gushyirwaho igice cyo hejuru

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 3 January 2025 saa 10:08
Yasuwe :

Ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere ry’ubwikorezi, RTDA, cyatangaje ko umuhanda wa Prince House-Giporoso-Masaka uzatangira kuvugururwa muri Mata 2025, kandi ko uzashyirwaho igice cyo hejuru (flyover) mu rwego rwo kugabanya umuvundo uwugaragaramo.

Umuyobozi Mukuru wa RTDA, Imena Munyampenda, yasobanuriye New Times ko uyu muhanda ureshya n’ibilometero 10 uzagurwa, ugabanywemo ibice bine. Ubusanzwe wari ufite ibice bibiri binyuramo ibinyabiziga bijya mu byerekezo binyuranye.

Munyampenda yatangaje ko umuhanda wo hejuru uzaba ureshya na kilometero 1,2 uzava kuri Prince House ugere ku Cya Mitsingi mu karere ka Gasabo, na wo uzagabwamo ibice bine nk’uko bizaba bimeze ku wo munsi yawo.

Yasobanuye ko hakomeje inzira iganisha ku guha isoko rwiyemezamirimo uzavugurura uyu muhanda kandi ko ingengo y’imari uyu mushinga uzatwara izamenyekana mu gihe isoko rizaba ryamaze gutangwa.

Gahunda yo kuvugurura uyu muhanda imaze igihe kinini. Muri Kamena 2019, Guverinoma y’u Rwanda yagiranye n’iy’u Bushinwa amasezerano y’impano ya miliyoni 42,8 z’Amadolari yo kwifashisha mu kuwushyira mu bikorwa.

Umuhanda wa Prince House-Giporoso-Masaka uzagurwa kugira ngo hagabanywe umuvundo ugaragaramo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .