00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tshisekedi yasabye Umugaba Mukuru mushya wa FARDC guhora ari maso

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 6 January 2025 saa 06:43
Yasuwe :

Umugaba Mukuru mushya w’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), Lt Gen Jules Banza Mwilambwe, kuri uyu wa 6 Mutarama 2025 yatangiye inshingano ku mugaragaro.

Umuhango wo kumushyikiriza ububasha wabereye mu kigo cya gisirikare cyitiriwe Lt Col Kokolo giherereye i Kinshasa, uyoborwa na Perezida Félix Tshisekedi nk’Umugaba w’Ikirenga wa FARDC.

Perezida Tshisekedi yasabye Lt Gen Mwilambwe guhora ari maso, kandi ko agomba kwitangira igihugu, byaba ngombwa agatanga ubuzima bwe nk’igitambo kiruta ibindi byose.

Lt Gen Mwilambwe yazamuwe mu ntera tariki ya 16 Ukuboza 2024. Kuva mu 2022 yari Umuyobozi wungirije w’ibiro bishinzwe igisirikare mu ngoro y’Umukuru w’Igihugu, ushinzwe ibikorwa n’iperereza bya gisirikare.

Ku mwanya w’Umugaba Mukuru wa FARDC, yasimbuye Gen Christian Tshiwewe Songesa wagizwe umujyanama wa Perezida Tshisekedi mu bya gisirikare.

Gen Tshiwewe yabwiye Lt Gen Mwilambwe ko yizeye ubushobozi bwe mu gukemura ibibangamiye umutekano wa RDC, ariko ko kugira ngo abigereho, asabwa gukorana n’abaturage.

Mu ijambo rya nyuma nk’Umugaba Mukuru, Gen Tshiwewe yasabye abasirikare b’igihugu ko bakwiye kurangwa n’indangagaciro zirimo kwirinda kugambanira igihugu.

Izi mpinduka zibaye mu gihe kuva mu Ugushyingo 2021, FARDC ihanganye n’umutwe witwaje intwaro wa M23, ukomeje gufata ibice byinshi mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Perezida Tshisekedi yashyikirije Lt Gen Mwilambwe inshingano nk'Umugaba Mukuru wa FARDC
Abayobozi bakuru mu gisirikare cya RDC bafashe ifoto y'urwibutso bari kumwe na Perezida Tshisekedi na Minisitiri w'Intebe, Judith Suminwa Tuluka ndetse na Minisitiri w'Ingabo, Guy Kazadi Mudiamvita

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .