00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Rwanda ntirwashwanyagujwe uko bari barabiteguye - Senateri Uwizeyimana Evode

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 24 February 2025 saa 02:47
Yasuwe :

Senateri Uwizeyimana Evode yavuze ko impamvu bimwe mu bihugu byo mu Burengerazuba bw’Isi bikomeje kwikoma u Rwanda birushinja uruhare mu ntambara yo mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), bamwe babiterwa no kuba intambara yari yateguwe kugabwa ku Rwanda yarapfubye nyuma y’uko umutwe wa M23 ufashe Umujyi wa Goma.

Ibi yabigarutseho ubwo yari kuri Televiziyo y’u Rwanda ku itariki 23 Gashyantare 2025.

Senateri Uwizeyimana yavuze ko abikoma u Rwanda, babitewe n’uko umugambi wo kurutera bari bafite utashyizwe mu bikorwa.

Ati “Ni abantu bafite ishavu n’agahinda kuko u Rwanda rutashwanyagujwe nk’uko bari barabiteguye. Ntabwo umbwira ko biriya bintu byose [intwaro ziremereye] byari birunze hariya batabizi.”

Yongeyeho ati “MONUSCO ifitemo abashinzwe ubutasi, amakuru yaratangwaga. Biriya bitwaro byarundwaga hariya babizi. Ibi ni ukuza kumwara, birimo guhana Gen (Rtd) James Kabarebe, iby’Akanama gashinzwe Umutekano ka Loni n’umwanzuro w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) wasohotse ku itariki 23 Gashyantare 2025.”

Senateri Uwizeyimana yavuze ko ibyanditse muri uwo mwanzuro w’Inteko Ishinga Amategeko ya EU ishinja u Rwanda kugira uruhare mu ntambara yo muru RDC, bishingiye ku bushake bw’icyo gihugu bwo kurwitwaza muri ibyo bibazo byacyo.

Yangeyeho ko ari yo mpamvu Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda na yo yihutiye kwamagana umwanzuro wa EU, ikagaragaza ukuri nubwo u Burayi busanzwe bukuzi ahubwo bukirengagiza ikibazo nkana.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .