00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Rwanda na Somalia byaganiriye ku kwagura ubufatanye

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 11 April 2025 saa 07:43
Yasuwe :

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yaganiriye na mugenzi we wo muri Somalia, Ali Mohamed Omar, ku bufatanye bw’ibihugu byombi.

Minisitiri Nduhungirehe na Omar bahuriye mu mujyi wa Antalya muri Turukiya, ahari kubera inama mpuzamahanga ya dipolomasi.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Somalia yagize iti “Abaminisitiri bombi baganiriye ku buryo bwo kongerera imbaraga ubufatanye bw’impande zombi no kwagura inzego z’ubufatanye.”

Banaganiriye kandi ku mutekano w’akarere ka Afurika y’iburasirazuba ibihugu byombi biherereyemo, Somalia ishimangira ko nk’igihugu kiri mu kanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekano, itanga umusanzu mu gukemura ibibazo ibangamiye Isi.

U Rwanda na Somalia bifitanye amasezerano y’ubufatanye mu kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka, kurwanya iterabwoba n’ibikorwa by’imitwe yitwaje intwaro no kurwanya icuruzwa ry’abantu.

Ibi bihugu kandi byifatanya mu kurwanya ibyaha by’ikoranabuhanga, ikwirakwizwa ry’intwaro nto rinyuranyije n’amategeko, guhanahana amakuru no gusangira ubunararibonye hagati ya Polisi no guteza imbere amahugurwa no kubaka ubushobozi.

Minisitiri Nduhungirehe na Omar bahuriye mu mujyi wa Antalya muri Turukiya
Impande zombi zaganiriye ku kwagura ubufatanye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .