00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Bwongereza bwatumije Ambasaderi w’u Rwanda

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 19 February 2025 saa 10:31
Yasuwe :

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Bwongereza yatangaje ko yatumijeho Ambasaderi w’u Rwanda, Johnston Busingye, kuri uyu wa 18 Gashyantare 2025 nyuma y’aho umutwe witwaje intwaro wa M23 waguye ibirindiro mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Iyi Minisiteri iyoborwa na David Lammy yatangaje ko Ingabo z’u Rwanda ziri mu ntambara yo mu Burasirazuba bwa RDC. Ni ikirego Leta y’u Rwanda yahakanye kenshi, igaragaza ko kidafite ishingiro.

Kuri uyu wa 18 Gashyantare, Ambasaderi Busingye yatangaje ko Leta ya RDC imaze imyaka myinshi ibungabunga umutwe w’iterabwoba wa FDLR uri hafi y’umupaka w’u Rwanda kandi ko yanamaze kuwinjiza mu gisirikare cyawo (FARDC) nk’umufatanyabikorwa w’imena.

Ambasaderi Busingye yibukije ko FDLR yarashe mu Rwanda inshuro eshatu mu 2022, irasamo tariki ya 27 Mutarama 2025 yifatanyije na FARDC kandi ko yishe abakerarugendo b’Abanyamerika mu 1999 na Ambasaderi w’u Butaliyani muri RDC mu 2021.

Yasobanuye ko mu myaka irenga 30 ishize, u Rwanda rwashyize ku mupaka ingamba z’ubwirinzi mu rwego rwo gukumira umugambi mubi wa FDLR hamwe na Leta ya RDC byifuza kurugabaho ibitero simusiga bigamije gukuraho ubuyobozi bwatowe n’Abanyarwanda.

Ati “Ingamba z’ubwirinzi z’u Rwanda ku mupaka wacu na RDC, mu myaka irenga 30 zashyizweho nk’igisubizo cy’iki kibazo gihoraho, ubushotoranyi n’urugomo ruhoraho rwa RDC.”

Ntabwo iyi Minisiteri yasobanuye icyo yahamagariye Ambasaderi Busingye, gusa muri dipolomasi bizwi ko iyo igikorwa nk’iki kibaye, uhagarariye igihugu asabwa ibisobanuro cyangwa se igihugu akoreramo kikamwereka ko kitishimiye imyitwarire runaka.

Ambasaderi Busingye atumijweho nyuma y’aho tariki ya 16 Gashyantare 2025 umutwe witwaje intwaro wa M23 ufashe Umujyi wa Bukavu usanzwe ari Umurwa Mukuru w’Intara ya Kivu y’Amajyepfo.

M23 yafashe Bukavu nyuma y’aho ifashe n’Umujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru tariki ya 27 Mutarama 2025.

Ambasaderi Busingye yatumijwe na Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga y'u Bwongereza

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .