Itangazo ry’itangwa ry’imirimo mishya inyuranye rituruka mu biro bya Perezida wa RDC, ryasohotse mu ijoro ryo ku wa 7 Werurwe 2025.
Abahawe imirimo bari mu cyiciro cy’abayobozi bungirije b’ibiro by’Umukuru w’Igihugu, abajyanama bakuru, intumwa zihariye, abashinzwe ubuzima ndetse n’abajyanama bwite.
Christina uri mu bana batanu ba Perezida Tshisekedi na Denise Nyakeru Tshisekedi, yaje mu cyiciro cy’abajyanama bwite batatu b’uyu Mukuru w’Igihugu.
Murumuna wa Perezida Tshisekedi, Tshisekedi Tshibanda Jacques, yongeye kugirirwa icyizere, akomeza kuba umuhuzabikorwa w’umutekano w’imbere mu biro by’Umukuru w’Igihugu.
Nyuma yo guhabwa inshingano, Christina yagaragarije ku rubuga nkoranyambaga X ko ahaye Imana icyubahiro, ashimira umubyeyi we kuba yamugiriye icyizere.
Yagize ati “Mana, mugenga w’ibihe n’ibitubaho byose, ishimwe ryose ni iryawe. Nshimiye Perezida wa Repubulika ku bw’icyizere yangiriye.”
Anthony Nkinzo Kamole aracyari Umuyobozi w’ibiro by’Umukuru w’Igihugu, naho Umuvugizi wa Tshisekedi aracyari Tina Salama.


TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!