00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Sosiyete z’ubucuruzi zahawe umukoro wo guhangana n’abapfobya Jenoside n’abagifite ingengabitekerezo yayo

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 13 April 2025 saa 08:22
Yasuwe :

Nyuma yo gusura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruherereye ku Gisozi, bamwe mu bayobozi ba sosiyete y’ubwubatsi ya Reportage Properties Rwanda; bagaragaje ko abayobozi batandukanye bikorera bafite izindi sosiyete zikomeye bakwiriye kwiha umukoro wo kumenyekanisha amateka y’u Rwanda ndetse no guhangana n’abagifite ingengabitekerezo ya Jenoside yakorewe Abatutsi n’abayipfobya.

Aba bayobozi batandukanye ndetse n’urubyiruko rukorera muri iki kigo, babigarutseho nyuma yo gusura urwibutso aho bavuga ko bibafasha mu gukomeza kubumbatira amateka y’u Rwanda.

Umuyobozi ushinzwe abakozi muri iki kigo, Rosine Mukarurega, yabwiye IGIHE ko abashoramari batandukanye bakwiriye gukangukira kurushaho gusura inzibutso kuko bizafasha abakozi babo mu gukomeza kumenya amateka y’u Rwanda.

Ati “Ubutumwa nagenera abantu bigize ba ntibindeba bafite sosiyete zitandukanye zikorera mu Rwanda, nabakangurira gusura inzibutso n’iyo rutaba urwa Gisozi, haba harimo amateka agaragaza uko Jenoside yakozwe n’uko yeteguwe, n’uko u Rwanda rwiyubatse nyuma yaho.”

Yavuze ko by’umwihariko Reportage Properties Rwanda, bahisemo gusura urwibutso, cyane ko benshi mu bakozi bafite ari abanyamahanga abandi bavutse nyuma ya Jenoside.

Ati “Twaje hano ku Rwibutso nka sosiyete ikorana n’abanyamahanga benshi kugira ngo bige, banamenye amateka yacu. 30% ni abanyamahanga ni na yo mpamvu twahisemo gusura urwibutso. Ntabwo ari ubwa mbere aba banyamahanga bari bumvise Jenoside yakorewe Abatutsi ariko kugera hano batumye barushaho gusobanukirwa.”

Yakomeje agira ati “Twatekereje cyane cyane no ku rubyiruko kuko 80% by’abo dukoresha bavutse nyuma ya Jenoside. Na bo ni umwanya babonye wo kwiga no kubyibonera noneho kuko abenshi bavutse byararangiye.”

Yavuze ko ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yabaga, we yabaye afite imyaka icyenda ndetse akaba yarayiburiyemo umuryango we urimo ababyeyi n’abavandimwe.

Ati “Nanjye narayibonye, nanabyibuka. Iyo mbonye ibintu nk’ibi binsubiza muri cya gihe, ni ibintu biteye ubwoba uko ubibonye biba bishya. Isomo twakuyemo ni uko bitazongera kuba. Igihugu cyariyubatse dufite amahoro tutigeze tugira ukundi.”

Noella Shyaka ushinzwe ibijyanye n’iyamamazabikorwa muri iki kigo, yavuze ko gusura urwibutso by’umwihariko ari ukwifatanya n’Abanyarwanda muri rusange kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Yakomeje ashishikariza urubyiruko kugira uruhare mu kubaka igihugu no kugira uruhare mu kurinda ko ibyabaye bitazongera, bagakosora abantu batandukanye bagoreka amateka kuko intambara y’amasasu yarangiye ubu hakaba hasigaye iyo guhangana n’abagoreka amateka n’abafobya Jenoside.

Na we yashishikarije amasosiyete atandukanye gukomeza kumenyekanisha amateka meza y’u Rwanda, bakabikora nk’uko babikora bamenyekanisha ibyo bakora umunsi ku wundi.

Ati “Nk’uko usanga amasosiyete menshi aharanira kwamamaza ibyo akora yaba hanze no mu Rwanda, uko bagerageza kwamamaza ibikorwa byabo ni na ko bakwiriye kwamamaza amateka y’u Rwanda mu buryo bwiza. Nyuma ya Jenoside icyo abantu bari bazi ku Rwanda, ni Jenoside ariko ubu buri muntu wese ukorera mu Rwanda icyo akwiriye gukora ni ukwamamaza u Rwanda rwiza rufite amahoro kandi rutuje.”

Yavuze ko undi mukoro ari uko abakoresha bakwiriye kurwanya ivangura iryo ari ryo ryose rishobora kwinjira mu bigo bayobora, kuko ryaba intandaro yasubiza u Rwanda mu icuraburindi rwavuyemo.

Ubwo abakozi ba sosiyete y’ubwubatsi ya Reportage Properties Rwanda bageraga ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, ku Gisozi
Mbere yo kugera mu bice bitandukanye by'urwibutso, abakozi ba Reportage Properties Rwanda babanje kuganirizwa ku mateka yagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi
Nk'abandi bantu bose basura Urwibutso, babanje kwerekwa amashusho y'ubuhamya bwa bamwe mu barokotse Jenoside
Umuyobozi mukuru wa Reportage Properties Rwanda, Bharat Parmar, ubwo yasinyaga mu gitabo cy'abasura urwibutso ndetse akanatanga inkunga kuri uru rwibutso mu rwego rwo gukomeza gusigasira amateka
Iyi sosiyete yasuye urwibutso ishaka gufasha abakozi bayo biganjemo abavutse nyuma ya Jenoside kumenya amateka
Noella Shyaka yasabye abashoramari kumenyekanisha amateka y'u Rwanda nk'uko bamenyekanisha ibyo bakora
Abari bitabiriye iki gikorwa bunamiye imibiri ishyinguye mu Rwibutso rwa Kigali ku Gisozi
Umuyobozi ushinzwe abakozi muri iki kigo, Rosine Mukarurega, avuga ko abashoramari batandukanye bakwiriye gukangukira kurushaho gusura inzibutso kuko bizafasha abakozi babo mu gukomeza kumenya amateka

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .