00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Minisitiri Nduhungirehe yaganiriye na Minisitiri Djuric wa Serbie ku gushimangira umubano w’ibihugu byombi

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 2 April 2025 saa 09:41
Yasuwe :

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yaganiriye na mugenzi we wa Serbie, Marko Djuric, ku mubano usanzwe hagati y’ibihugu byombi.

Muri iki kiganiro cyabereye ku murongo wa telefoni kuri uyu wa 2 Mata 2025, Minisitiri Djuric yashimangiye ko ibi bihugu byombi bifitanye umubano mwiza, watangiye mu gihe cya Repubulika ya Yugoslavia.

Minisitiri Duric yabwiye Nduhungirehe ko ibihugu byombi byakongerera imbaraga ubufatanye mu nzego zitandukanye, hagamijwe inyungu za buri ruhande, bikanatuma umubano wabyo urushaho kuba mwiza.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane y’u Rwanda, yasobanuye ko Ambasaderi Nduhungirehe na Djuric barebeye hamwe izindi nzego ibihugu byombi byakwaguriramo ubufatanye.

Minisitiri Djuric yasobanuye ko kuva mu 2017, Serbie yagennye tariki ya 25 Gicurasi nk’umunsi wahariwe ubucuti n’Abanyafurika, ashimangira ko muri rusange iki gihugu gishaka gukomeza umubano n’ibihugu byose bya Afurika.

Uyu mudipolomate mukuru wa Serbie yaboneyeho gutumira u Rwanda mu imurikabikorwa ridasanzwe rizabera muri iki gihugu cyo ku mugabane w’u Burayi mu mwaka wa 2027, agaragaza ko afite icyizere ko ruzaryitabira.

Muri Mata 2023, Minisitiri w’Ubucuruzi wa Serbie, Tomislav Momirovic, yagiriye uruzinduko i Kigali, hasinywa amasezerano yemerera u Rwanda gukura ingano n’ibigori muri iki gihugu, na rwo rukoherezayo icyayi n’ikawa.

Muri urwo ruzinduko, Guverinoma z’ibihugu byombi zanasinye amasezerano y’ubufatanye mu guteza imbere ikoranabuhanga, yafunguriye abanyeshuri amarembo kugira ngo bajye guhaha ubumenyi muri Serbie.

Ikiganiro Minisitiri Nduhungirehe yagiranye na Djuric cyarebanaga no kwagura ubufatanye
Minisitiri Marko Djuric yagaragaje ko Serbie yifuza kongera imbaraga mu mubano wayo n'u Rwanda
Muri Mata 2023, intumwa za Serbie zari ziyobowe na Minisitiri Tomislav Momirovic ryasuye u Rwanda, hasinywa amasezerano y'ubufatanye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .