00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rwamagana: Ubuyobozi bwahagurukiye ikibazo cy’abaturage batishimiye igenagaciro ryakorewe imitungo yabo

Yanditswe na Hakizimana Jean Paul
Kuya 15 January 2025 saa 10:26
Yasuwe :

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rwamagana bwatangaje ko bugiye kwinjira mu kibazo cya bamwe mu batuye mu Murenge wa Munyiginya batishimiye igenagaciro ryakorewe ku mutungo wabo, mbere yo kwimurwa hafi y’uruganda rwa SteelRwa.

Aba baturage bo mu kagari ka Cyarukamba begereye neza uru ruganda rukora ibyuma. Mu minsi ishize, Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda n’ubuyobozi bw’Akarere ka Rwamagana baganiriye n’ubuyobozi bw’uru ruganda, banzura ko abatuye muri metero 500 no munsi yazo bakwiye kwimurwa.

Nyuma yo gufata iki cyemezo, hashyizweho itsinda ritangira kugena agaciro k’imitungo y’abari muri izo metero, uretse ko hari abaturage batishimiye uburyo bikorwamo.

Umwe mu baganiriye na IGIHE ati “Nibaza ukuntu babaze igikoni cyanjye cyonyine, bagasiga inzu, nkumva biratangaje. Ese nzasigarana inzu gusa ihagaze ku gasozi? Niba ari ukubara, babaze ibintu byose, bakatwimura aho kutubarira ibice.”

Undi yagize ati “Twe twasigayemo hagati, babariye abantu ba ruguru yacu, banabarira abafite amashyamba munsi yacu, twe dusigara mo hagati. Turasaba ko niba ari ukwimura, bagendera ku bantu bari muri za metero 500 gusa, ntibafate abantu bake ngo banajye munsi yacu, bafate amashyamba twe badusize.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Kagabo Richard, yatangaje ko bagiye gutumiza rwiyemezamirimo uri gukora icyo gikorwa kugira ngo barebe niba hari ibyo yirengagije mu kugena agaciro k’imitungo y’abaturage.

Ati “Tugiye guhamagaza rwiyemezamirimo kugira ngo tumubaze ingingo yagendeyeho abarira abaturage, tunamubaze iby’ibyo bibazo by’abaturage yirengagije ku buryo abikosora mbere yo gukora raporo. Ni ibintu tugiye guhita dukoraho dufatanyije na Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda.”

Biteganyijwe ko abaturage bari muri metero 500 ari bo bagiye kwimurwa mu cyiciro cya mbere, mu gihe hari n’abandi bazimurwa mu kindi cyiciro batuye muri metero zirenga 500.

Biteganyijwe ko abatuye muri metero 500 no munsi yazo uvuye kuri SteelRwa ari bo bazimurwa mu cyiciro cya mbere
Umuturage avuga ko bamubariye igikoni cyonyine, inzu nini barayisiga

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .