00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rutsiro: Abana 43,000 bitabiriye gahunda Mbonezamikurire y’Abana Bato mu 2024

Yanditswe na Nsanzimana Erneste
Kuya 1 January 2025 saa 10:41
Yasuwe :

Mu myaka 13 ishize ni bwo Guverinoma y’u Rwanda yafashe icyemezo cyo gutangiza gahunda Mbonezamikurire y’Abana Bato (ECD) mu kugabanya imirire mibi n’ibibazo by’igwingira ry’abana bato.

Mu Karere ka Rutsiro kimwe n’ahandi mu gihugu, ababyeyi bafite abana mu ngo mbonezamikurire bashima iyi gahunda bakavuga ko irinda abana babo kwandagara, igwingira n’imirire mibi ahubwo ikabafasha gukerebuka no kugira amanota meza mu ishuri.

Mu bice bitandukanye by’igihugu kimwe no mu Karere ka Rutsiro, ababyeyi bashima iyi gahunda kuko yabafatiye runini mu gutuma abana batandagara kandi bakanakerebuka mu bintu byose harimo no kwitwara neza mu ishuri.

Umwaka wa 2024 watangiye mu Karere ka Rutsiro hari Ingo Mbonezamikurire 1,544 zirimo abana 38,933, usize hari ingo mbonezamikurire 1,605 zirimo abana 43,087.

Kugira ngo ibi bigerweho, Akarere ka Rutsiro kafatanyije n’abafatanyabikorwa batandukanye barimo na Caritas Diyosezi ya Nyundo.

Nzayigezahe Norbert ufite umwana w’imyaka itanu mu irerero avuga ko umwana we yagiye mu irerero adashabutse ariko ashobora no “kumutuma ku iduka akazana ibyo yatumwe aho kuza arira n’amafaranga yayataye.”

Nyirandayishimiye Aurerie wo mu Murenge wa Kivumu yabwiye IGIHE ko gahunda y’Ingo Mbonezamikurire itarajyaho abana bagiraga ibibazo byinshi, gusa ubu ahubwo basigaranye ikibazo cy’uko ibyumba ari bike.

Ati “Aho iyi gahunda y’amarero iziye dukora imirimo yacu dutekanye kuko abana bacu tuba twabasize ahantu hatekanye. Ubu ahubwo abana babaye benshi, turasaba ko batwubakira ibindi byumba kuko iyi ECD twubakiwe na Madamu Jeannette Kagame yatangiranye abana 120, ariko ubu bamaze kuba 250 kandi ntabindi byumba akarere katwubakiye.”

Ubwo muri aka Karere hizihizwaga Umunsi wahariwe Ingo Mbonezamikurire y’Abana bato mu rwego rwo kuzirikana impinduka iyi gahunda yazanye mu mibereho y’ababyeyi n’abana, Padiri Jean Paul Rutakisha, yagarutse ku ruhare gahunda igira ku myigire y’abana.

Ati “Gahunda yo kuzamura ireme ry’uburezi no guteza imbere imibereho myiza y’abana icyo, hakwiye imbaraga cyane ku buziranenge bw’amafunguro agaburirwa abana bari mu ngo mbonezamikurire.”

Umuyobozi Wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu Karere ka Rutsiro, Umuganwa Marie Chantal, yavuze ko iyi gahunda y’Ingo Mbonezamikurire yahinduye imibereho y’abana n’ababyeyi.

Ati "Ababyeyi babona aho basiga abana bakajya mu mirimo yabo, ariko na ba bana bahigira byinshi cyane bikanazamura imibereho yabo, nta mwana wagwingira yageze muri ECD.

Umuganwa yongeyeho ko hari gahunda yo kongera ibyumba by’Ingo Mbonezamikurire muri uyu mwaka wa 2025, ariko agasaba ababyeyi kurushaho koherezayo abana bafite isuku.

Visi Meya Umuganwa agaburira umwana mu rugo mbonezamikurire
Ababyeyi bo mu Karere ka Rutsiro bifuza ko ibyumba by'Ingo Mbonezamikurire byiyongera

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .