00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rotaract Clubs zo mu Rwanda zatangiye urugendo rwo gusazura ishyamba mu Karere ka Rulindo

Yanditswe na Igizeneza Jean Désiré, Ntabareshya Jean de Dieu
Kuya 8 December 2024 saa 07:20
Yasuwe :

Urubyiruko rugize Rotaract Clubs zo Rwanda rwatangiye urugendo rwo gusazura ishyamba rya Leta, riherereye mu Karere ka Rulindo mu Ntara y’Amajyaruguru, runishyurira mituweri abantu 200.

Rotary Club ni umuryango udaharanira inyungu ukora ibikorwa by’ubugiraneza birimo gufasha abatishoboye, gutanga amazi meza ku baturage, kurwanya indwara z’ibyorezo no gutanga umusanzu mu bikorwa byose bigamije guteza imbere sosiyete.

Urubyiruko ruwushamikiyeho rwiga muri kaminuza rwitwa Rotaract mu gihe abiga mu mashuri yisumbuye bawubarizwamo bo bitwa Interact.

Igikorwa cyo gutera ibiti muri ako Karere, cyabaye ku wa Gatandatu tariki ya 7 Ukuboza 2024, aho abagize Rotaract mu bice bitandukanye by’igihugu bishyize hamwe mu rwego rwo gushyira mu bikorwa zimwe mu ntego z’uwo muryango zirimo kubungabunga ibidukikije.

Binyuze mu gikorwa bise Ecoroto250 Forest Rehabilitation 2024, bateye ibiti 500 ariko bafite gahunda yo gusazura ishyamba ryose.

Umuyobozi uhagarariye icyo gikorwa cyo gutera ibiti usanzwe anabarizwa muri Rotaract Club KIE, Felix Mihigo, yerekanye ko iki gikorwa kibaye ku nshuro ya kabiri kuko babonye ko ari ngombwa guhuza imbaraga mu kubungabunga ibidukikije nk’urubyiruko.

Yavuze ko umwaka wabanje cyakorewe mu Karere ka Bugesera, aho bateye ibiti by’imbuto bakanatanga ibikoresho by’isuku ku bana b’abakobwa.

Ati “Twabonye ko ari igikorwa cyiza kandi ko dukenewe kugira ngo tubungabunge ibidukikije. Ni bwo twahereye aho tuvuga ngo reka dukore igikorwa nk’icyo kijye gihora kiba buri mwaka ariko twibanda ku kubungabunga ibidukikije.

Yongeyeho ati “Impamvu ni uko turi abanyamuryango ba Rotary kandi hari ingingo zirindwi tugenderaho harimo n’iyo kwita ku bidukikije ari nayo uyu mushinga wacu ushingiyeho. Twita ku mashyamba kubera ko dukeneye umwuka mwiza, dukeneye ikirere gisukuye, gufata ubutaka no kurwanya isuri n’ibindi.”

Uretse gutera ibiti muri ako Karere ka Rulindo, abanyamuryango ba Rotaract Clubs zo mu Rwanda bishyuriye mituweri abaturage 200.

Mihigo yavuze ko nk’urubyiruko basanga ari imbaraga z’igihugu n’umuryango nyarwanda bityo ko biyemeje gukora mu bushobozi bwabo bagamije gukemura bimwe mu bibazo biri muri sosiyete no gutanga umusanzu wabo uko bashoboye.

Yasabye urundi rubyiruko guharanira gutegura ahazaza heza no gushaka ibisubizo ku bibazo biri muri sosiyete, binyuze mu kugendera ku ntego, kurangwa n’ubunyangamugayo, kudacika intege no kwiyemeza gukora cyane.

Ishyamba rigiye gusazurwa na Rotaract Clubs zo mu Rwanda
Abanyamahanga baba mu Rwanda na bo bitabira ibikorwa bya Rotaract Club
Urubyiruko rwitabiriye umuganda wo gutera ibiti, rwawishimiye
Urubyiruko rwagaragaje ko gutera ibiti rugomba kubigiramo uruhare
Akanyamuneza kari kose ku bitabiriye uwo muganda
Urubyiruko rwishimiye gusazura ishyamba ryo mu Karere ka Rulindo
Rotaract Clubs zo mu Rwanda ziyemeje gusazura iryo shyamba
Hagaragajwe ko hakenewe ubufatanye mu kubungabunga ibidukikije
Uyu muganda wanitabiriwe n'abaturage bo mu Murenge wa Shyorongi
Rotaract Clubs zo mu Rwanda zifatanyije n'abaturage mu muganda wo gutera ibiti
Abaturage bo mu Karere ka Rulindo bishimiye gukorana n'urubyiruko
Aha yacukuraga umwobo wo guteramo igiti
Ibiti byatewe n'ibigamije gusazura ishyamba
Abagize Rotaract Clubs zo mu Rwanda biyemeje ko iryo shyamba bagomba kurisazura
Batanze na mituweri ku bantu 200

Amafoto: Ingabire Nicole


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .