00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

RMC yatangaje ko umunsi mukuru wa Eid al-Fiṭr uzaba kuri iki Cyumweru

Yanditswe na IGIHE
Kuya 29 March 2025 saa 07:41
Yasuwe :

Ubuyobozi bw’Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda (RMC), bwatangaje ko umunsi mukuru usoza Igisibo cy’Ukwezi Gutagatifu kwa Ramadhan (Eid al-Fiṭr 2025) uzaba ku wa 30 Werurwe 2025.

Yakomeje iti “RMC iboneyeho umwanya wo gutangariza Abayisilamu ko isengesho ryo kuri uwo munsi mukuru wa Eid al-Fiṭr ku rwego rw’Igihugu rizabera i Nyamirambo kuri Kigali Pelé Stadium guhera Saa Kumi n’Ebyiri za mu gitondo.”

Uyu muryango kandi wifurije Abayisilamu n’Abanyarwanda bose umunsi mukuru mwiza wa Eid al-Fiṭr.

Mu mwaka ushize, Abayisilamu basoje Igisibo ku itariki ya 10 Mata mu Rwanda n’ahandi ku Isi.

RMC yagaragaje ko mu gihe cy’Ukwezi kwa Ramadhan mu 2024 hatanzwe inkunga ku miryango 9000.

Hatanzwe kandi miliyoni 27,2 Frw yaguzwemo ibyo kurya bihabwa imiryango 5000 itishoboye yo hirya no hino mu gihugu.

Isengesho risoza Igisibo cy’Ukwezi kwa Ramadhan mu 2024 ryabereye kuri Kigali Pele Stadium
Minisitiri w'Urubyiruko n'Iterambere ry'Ubuhanzi, Dr. Jean Nepo Abdallah Utumatwishima n'Umugaba Mukuru w’Ingabo, Gen Mubarakh Muganga bari mu bitabiriye isengesho ryo gusoza igisibo cy’ukwezi kwa Ramadhan mu 2024

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .