Iyi ngingo yaganiriweho ubwo Minisitiri w’Ingabo wa RDC, Guy Kabombo Mudiamvita, yahuriraga na mugenzi we wa Afurika y’Epfo, Angie Motshekga, i Pretoria tariki ya 25 Werurwe 2025.
Ingabo za RDC zizatozwa n’iza Afurika y’Epfo ni izo mu mutwe udasanzwe, izo mu mutwe ushinzwe gutabara aho rukomeye, izirwanira mu kirere ndetse n’izirwanira mu mazi.
Minisitiri Motshekga na Kabombo kandi baganiriye ku kuvugurura ubutasi n’itumanaho, bizakorwa mu gihe ubufatanye bw’ibihugu byombi buzaba bwongererwa imbaraga.
Byateganyijwe ko ibiganiro hagati y’ibihugu byombi bizakomeza. Bizahuza inzobere mu gisirikare ndetse n’ubutasi.
Ibi biganiro bibaye nyuma y’aho abakuru b’ibihugu byo mu muryango wa Afurika y’amajyepfo (SADC) bafashe icyemezo cyo guhagarika ubutumwa bw’ingabo zawo mu burasirazuba bwa RDC.
Nyuma y’iki cyemezo, ingabo za Afurika y’Epfo, iza Tanzania na Malawi zari muri ubu butumwa zasabwe gutaha mu byiciro, nubwo ingengabihe y’uburyo zizasubira mu bihugu byazo itatangajwe.



TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!