00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

RDC: Umwuka mubi watutumbye mu Nteko nyuma y’aho Visi Perezida wayo asabiye Kamerhe kwicwa

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 11 March 2025 saa 01:08
Yasuwe :

Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatutumbyemo umwuka mubi nyuma y’aho Visi Perezida wa kabiri wayo, Christophe Mboso, asabiye Vital Kamerhe kwicwa.

Tariki ya 9 Werurwe 2025 ni bwo Mboso yatangaje ko Kamerhe usanzwe ari Perezida w’Inteko akwiye gupfa, ubwo yagaragarizaga abayobozi gakondo bo mu ntara ya Mai-Ndombe uko umutekano wo mu burasirazuba bwa RDC ukomeje kuzamba.

Uyu munyapolitiki wigeze kuyobora Inteko ya RDC yavuze ko abapfumu n’abarozi bo muri RDC bakwiye gukora imigenzo kugira ngo Kamerhe apfe, ndetse byumvikanye ko hari abashyigikiye ubutumwa bwe.

Yagize ati “Turasaba abakora imigenzo gakondo ko abateye igihugu cyacu bapfa”, arongera ati “Kamerhe...”, abari bamukurikiye barusubiza bati “Apfe”.

Abadepite bahagarariye ishyaka A/A-UNC na AVK 2018 mu Nteko ya RDC, ku wa 10 Werurwe bamaganye amagambo ya Mboso, bagaragaza ko yerekana umugambi uhari wo kwica Kamerhe.

Aba badepite bahagarariwe na Misare Mugomberwa Claude bagize bati “Aya magambo agaragaza umugambi mubi kuri Vital Kamerhe, umaze igihe kinini ategurirwa kwicwa.Tuributsa abo mu gihugu n’abanyamahanga ko tariki ya 19 Gicurasi 2024 habaye igerageza ryo kwicira Hon. Vital Kamerhe mu rugo rwe.”

Mboso yavuze aya magambo mu gihe Kamerhe ari kugirira uruzinduko muri Israel. Kamerhe ubwe ntacyo aravuga.

Vital Kamerhe ni Perezida w'Inteko Ishinga Amategeko ya RDC
Christophe Mboso yavuze ko Kamerhe akwiye gupfa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .