Tariki ya 23 Ugushyingo 2024, umuyobozi w’intara ya gisirikare ya 22, Brig Gen Eddy Kapend, yabujije Musenyeri Muteba gusomera Misa muri Kiliziya ya Saint Sébastien iherereye mu kigo cya gisirikare cya Vangu.
Uyu musirikare yasobanuye ko ari ngombwa kubungabunga umutekano mu bigo bya gisirikare biherereye mu ifasi ye, gusa Arikidiyosezi ya Lubumbashi yaramwamaganye.
Musenyeri Muteba yarenze ku ibwiriza rya Brig Gen Kapend, ajya gusomera Misa muri iyi Kiliziya nk’uko yari yabiteganyije, kandi abasirikare benshi basengera muri Kiliziya Gatolika bamwakiranye urugwiro.
Nyuma y’igihe kirenga ukwezi ashyiriweho iri bwiriza, Musenyeri Muteba yatangarije KTO TV ko nta gifatika Brig Gen Kapend yashingiyeho mu kurishyiraho.
Yagize ati “Ibwiriza nahawe nta shingiro ryari rifite kandi ryarimo kurengera. Nk’umukozi wa Kirisitu, ntabwo mpabwa amabwiriza na ba Maréchal cyangwa Colonel.”
Musenyeri Muteba yasobanuye ko ikigo cya gisirikare cya Vangu gikorera ku butaka bwa Kiliziya Gatolika, bityo ko ibwiriza rya Brig Gen Kapend ryari rigamije kubunyaga iri torero.
Umwuka mubi hagati ya Kiliziya Gatolika na Leta ya RDC watangiye gututumba ubwo Perezida Félix Tshisekedi yatangazaga ko afite umugambi wo guhindura Itegeko Nshinga. Abashumba bakuru b’iri torero bawuteye utwatsi, basaba uyu Mukuru w’Igihugu gukemura ibikomeye bibangamiye Abanye-Congo.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!