Hashingiwe ku busabe bwa Leta ya RDC, byari byarateganyijwe ko ingabo za MONUSCO zose zizava muri iki gihugu bitarenze tariki ya 31 Ukuboza 2024, gusa byagaragaye ko mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru umutekano warushijeho kuzamba.
Uyu mutekano muke wenyegejwe n’intambara ihanganishije ingabo za Leta n’imitwe bifatanyije, ndetse n’umutwe wa M23, nyuma y’uko Leta ya Congo yinangiye, ikanga ibiganiro bizagira uruhare mu gukemura ikibazo cy’umutekano w’abaturage bayo bakorerwa ibikorwa by’ubugizi bwa nabi mu Burasirazuba bw’icyo gihugu.
Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Loni, yagize ati “Dushyigikiye ko MONUSCO yongererwa igihe. Ariko duhangayikishijwe n’uko M23 ikomeje kwagura ibirindiro muri Kivu y’Amajyaruguru.”
Biteganyijwe ko umwaka MONUSCO yongejwe uzarangira tariki ya 20 Ukuboza 2025.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!