Mu mpera z’icyumweru gishize ni bwo ku mbuga nkoranyambaga hasakaye amashusho y’umusore w’umunyeshuri mu Mujyi wa Kigali, wakubiswe bikabije na bagenzi be, bikavugwa ko bashobora kuba bari bamumaranye iminsi umunani bamutoteza.
Kuri uyu wa mbere, tariki ya 16 Ukuboza 2024, Polisi y’u Rwanda yavuze kuri icyo kibazo itangaza ko yamaze guta muri yombi bamwe mu bagize uruhare muri iki bikorwa, bivugwa ko bari banamumaranye iminsi baramukingiranye mu nzu.
Yagize iti “ Amakuru y’ihohoterwa ry’uyu musore twarayamenye. Dufatanyije na RIB, abakekwa 10 bamaze gufatwa bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyarugunga, abandi bafatanyije na bo barimo gushakishwa kugira ngo bagezwe imbere y’ubutabera.”
Polisi yongeyeho ko uwahohotewe arimo kuvurirwa ku bitaro bya Masaka kandi imwifuriza kurwara ubukira.
Muraho,
Aya makuru y'ihohoterwa ry'uyu musore twarayamenye. Dufatanyije na @RIB_Rw abacyekwa 10 bamaze gufatwa bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyarugunga, abandi bafatanyije nabo barimo gushakishwa kugira ngo bagezwe imbere y'ubutabera. Uwahohotewe arimo kuvurirwa ku… https://t.co/hLMdOtq3wE
— Rwanda National Police (@Rwandapolice) December 16, 2024
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!