Mu kiganiro na RBA kuri uyu wa 1 Mutarama 2025, ACP Rutikanga yasobanuye ko ahantu harasiwe umwaka hari abantu benshi cyane kandi ko nta wagize ikibazo cy’umutekano.
Yagize ati “Urabona ko byari mu mutuzo nubwo abantu bari bishimye, ubona babyina, baririmba, nta kibazo cyabayeho kandi urabona ko bawusoje neza.”
ACP Rutikanga yatangaje ko abapolisi bagereye ku gihe aho bagombaga kurindira umutekano, haba ahaturikirijwe ibishashi ndetse no ku mihanda, kandi ko na bo bakoze akazi neza.
Yasabye abaturarwanda kwishimira umwaka mushya ariko bakazirikana ko bakwiye kunywa mu rugero, ntibahe abana ibisindisha, bakirinda ibiteza urusaku, abatwara ibinyabiziga bakitwararika.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!