00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Tshisekedi yasabwe guhagarika umugambi wo kwica abaturage b’igihugu cye

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 8 January 2025 saa 09:17
Yasuwe :

Umuryango Amnesty International uharanira uburenganzira bwa muntu wasabye Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo guhagarika umugambi wo kwica abashinjwa icyaha cy’ubujura ndetse iki gihugu kigakuraho igihano cy’urupfu.

Minisitiri w’Ubutabera wa RDC, Constant Mutamba, aherutse gutangaza ko abantu 102 bashinjwa ubujura bibumbiye mu mutwe wa Kuluna bamaze kugezwa muri gereza zicungiwe umutekano ku rwego rwo hejuru zirimo Angenga, aho bategerereje kwicwa.

Uyu muyobozi yabwiye abanyamakuru ko hari abandi bantu 70 na bo bagiye koherezwa muri izi gereza, aho bazaburanishwa, bahamwa n’iki cyaha na bo bakazicwa.

Aba bose bafatiwe mu bikorwa bihuriweho n’igisirikare na Polisi ya RDC byo kurwanya ubujura bwitwaje intwaro mu mujyi wa Kinshasa, byahawe izina ‘Opération Ndobo’.

Umuyobozi muri Amnesty ushinzwe Afurika y’amajyepfo n’iy’uburasirazuba, Sarah Jackson, yatangaje ko Perezida Tshisekedi agomba guhagarika uyu mugambi bwangu kandi akabivuga ku mugaragaro.

Sarah yagize ati “Perezida Tshisekedi agomba guhagarika bwangu kandi ku mugaragaro imigambi yo kwicira abantu muri gereza ya Angenga cyangwa ahandi. Inteko Ishinga Amategeko ikwiye kwemeza isubika ry’igihano cy’urupfu mu gihe hategerejwe ko gikurwaho.”

Amnesty yagaragaje ko kohereza abantu muri gereza nka Angenga bihangayikishije kuko isanzwe ipfiramo benshi bitewe no kubura ibiribwa bihagije ndetse n’indwara zibibasira.

Leta ya RDC yasubukuye igihano cy’urupfu muri Werurwe 2024 nyuma y’imyaka 18 gisubitswe. Yasobanuye ko igamije kurwanya ibyaha birimo ubugambanyi n’ibikorwa bihungabanya umutekano wo mu mijyi, gusa imiryango mpuzamahanga ikomeje kuyotsa igitutu, iyisaba kugikuraho.

Leta ya RDC yemeje ko abashinjwa ubujura bwitwaje intwaro bagomba kwicwa
Amnesty yasabye Perezida Tshisekedi guhagarika igihano cyo kwica abantu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .