00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Ruto yijeje iyubakwa rya gariyamoshi ihuza u Rwanda, Uganda, Kenya na RDC

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 8 December 2024 saa 12:07
Yasuwe :

Perezida wa Kenya, Dr. William Ruto yatangaje umushinga wo kubaka umuhanda munini wa gariyamoshi, uzaturuka mu Mujyi wa Naivasha muri Kenya ugakomereza muri Uganda, mu Rwanda no muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).

Ibi Perezida wa Kenya yabigarutseho ubwo yari mu gikorwa cyo gutangiza imikino ihuza abagize inteko zishinga amategeko zo mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba iri kubera i Mombasa.

Yavuze ko umushinga wo kubaka uwo muhanda witezweho kwagura imigenderanire, ubucuruzi ndetse n’ishoramari mu Karere kandi impande zose bireba zikaba zaramaze kuwemeranyaho.

Yagzie ati “Ubu twamaze kumvikana na Uganda, u Rwanda na RDC ko uwo muhanda munini wa gariyamoshi uzaturuka i Naivasha ugakomereza muri ibyo bihugu ku buryo twese tuzajya tuwukoresha tugiye muri ibyo bice”.

Uwo muhanda witezweho kuzamura ubucuruzi hagati y’ibihugu by’Akarere kuri ubu bukiri ku ijanisha rya 28% ndetse no gutanga umusanzu mu Isoko Rusange rya Afurika (AfCFTA).

Imirimo yo kubaka uwo muhanda munini muri Uganda yaratangiye, aho hatangiye kubakwa ibilometero 272 uturutse i Kampala ukagera i Narobi muri Kenya bikazafata imyaka ine.

Ni mu gihe no muri Kenya na ho bamaze gukora inyigo aho igice bazubaka kizaba gituruka i Navasha kikagera mu Mujyi wa Kisumu kikazatangira kubakwa muri Mutarama 2025.

Perezida wa Kenya, Dr. William Ruto yavuze ko uwo muhanda witezweho kwagura ubuhahirane mu Karere

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .