00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Ndayishimiye yavanye i Washington inzozi zo kugira u Burundi nka Amerika

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 11 February 2025 saa 04:21
Yasuwe :

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yashimye Imana yamushoboje gusura Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu cyumweru gishize, avuga ko yahavanye inzozi zo kugira u Burundi buteye imbere nka Amerika.

Uyu Mukuru w’Igihugu yatangaje ko uru ruzinduko rwahawe umugisha n’Imana, kandi ko yari yatumiwe kugira ngo yitabire isengesho ryo gusabira Amerika.

Perezida Ndayishimiye yasobanuye ko mu gihe yari muri Amerika, yabonye umwanya wo kugaragaza amahirwe Imana yahaye u Burundi, Umuvugabutumwa anasengera igihugu cyabo n’ubuyobozi bwacyo.

Yagize ati “Bafashe n’umwanya wo gusengera igihugu cyacu no kudusengera nk’abayobozi. Ni ikimenyetso cyiza cyerekana umutima Abanyamerika bafite ku Burundi.”

Ndayishimiye yatangaje ko yaganiriye n’Abasenateri b’Abanyamerika, bamwizeza ko bazashyira u Burundi muri politiki ya Amerika kugira ngo ibufashe gutera imbere, hashingiwe ku cyerekezo cyabwo cya 2040 na 2060.

Uyu Mukuru w’Igihugu yavuze ko ubusanzwe iyo agennye Minisitiri runaka, Sena imwemeza bidasabye ko umubaza ibibazo kandi byakabaye biwufasha kumenya niba azashobora inshingano.

Yasobanuye ko yasanze Sena muri Amerika yo idashobora kwemeza umuyobozi wagenwe na Perezida, itabanje kumubaza ibibazo bituma imenya ubushobozi bwe, agaragaza ko u Burundi na bwo buzigana iyi mikorere.

Ati “Sena nabonye ko ikora byinshi. Umukuru w’Igihugu abwiye Sena ati ‘Uyu muntu ni we nshaka kugira Minisitiri, azabe muri iyi nshingano’, barakwihamagarira ukisobanura, babonye ntacyo uzashobora, ntibagutore. Urumva rero, aho nahakuye isomo. Twebwe turohereza, ntibamubaza ibibazo.”

Perezida w’u Burundi waherekejwe n’umugore we, Angeline Ndayubaha, yashimye Imana yamushoboje kugirira uru ruzinduko muri Amerika, agaragaza ko yizeye ko u Burundi buzagera ku iterambere nk’irya Amerika.

Yagize ati “Rero ndashimira Imana Ishoborabyose yadushoboje gukora uru rugendo, urugendo rurimo isomo rinini cyane. Turabizi ko Imana izakomeza kutuyobora kugira ngo amasomo dukura hirya no hino, dusabe Imana igumane natwe kugira ngo natwe tugire igihugu giteye imbere nka Amerika.”

Perezida Ndayishimiye yatangaje ko hari abashoramari b’Abanyamerika bamusezeranyije gushora imari mu Burundi, kandi ko igihugu cyabo kizafashwa mu guteza imbere abahanga bacyo kugira ngo bazagifashe kugera ku cyerekezo.

Perezida Ndayishimiye yatangaje ko yagaragarije Abanyamerika amahirwe Imana yahaye u Burundi
Muri aya masengesho, Perezida Ndayishimiye yarapfukamye, arasengerwa
Perezida Ndayishimiye yari yarajyanye n'umugore we muri uru ruzinduko

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .