00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Kagame yaburiye abigwizaho umutungo w’Abanyarwanda

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 12 December 2024 saa 02:24
Yasuwe :

Perezid Paul Kagame yaburiye abigwizaho umutungo w’Abanyarwanda, aho kuwukoresha mu buryo bufitiye inyungu buri wese, abateguza ko ukuboko k’ubutabera kuzabageraho.

Uyu muburo yawutanze kuri uyu wa 12 Ukuboza 2024 ubwo yari amaze kwakira indahiro ya Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga mushya, Mukantaganzwa Domitilla na Visi Perezida w’uru rukiko, Hitiyaremye Alphonse.

Nyuma yo kwihanangiriza abakomeje guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 n’abahohotera abayirokotse, Perezida Kagame yavuze ko kwigwizaho imitungo y’abaturage ari ukubabanira nabi.

Yagize ati “Hari ibindi bitarimo kubana neza, byigwizaho ibintu, umutungo wa twese, w’Abanyarwanda bose, ukwiriye kuvamo ibibaramira mu byinshi bafitemo ibibazo, abantu ku giti cyabo bakawugira uwabo, bakawusesagura, na byo bigomba guhagarara, kandi nta buryo bundi bwiza bwo kubihagarika, bitanyuze mu butabera, bitanyuze mu mategeko.”

Umukuru w’Igihugu yagaragaje ko mu gihe ubutabera bw’u Rwanda bukora neza, ari bwo buryo bwonyine bwakoreshwa mu guhana abantu bigwizaho umutungo w’Abanyarwanda, bakawusesagura.

Ati “Ibyo byo sinirirwa mvuga ko n’ubundi buryo bwakoreshwa, kuko ubutabera dufite, bikoze neza, bishobora kubiturangiriza kuko igihugu cyacu, buri wese atirengagije aho tuvuye, n’aho twari tugeze, n’inzira turimo, aho tugana haracyari kure ariko turifuza kuhagera vuba.”

Perezida Kagame yasobanuye ko icyaha cyo kunyereza umutungo w’Abanyarwanda kidindiza iterambere ryabo, asaba Abanyarwanda ubufatanye mu kukirwanya.

Yagize ati “Ibyo bitudindiza rero biturutse mu mico mibi gusa, abantu twafatanya tukabirwanya, bityo igihugu cyacu kigatera imbere, ntikibe igihugu cyahuye n’ibibazo byinshi, kikaba igihugu kivuyemo kwiheba ndetse no kubirekera iyaturemye. Ibyo twarekera iyaturemye ni ibindi biturenze, ariko ibyo ntibiturenze.”

Perezida Kagame yagaragaje ko kugira ngo amateka mabi u Rwanda rwanyuzemo ahinduke, hakenewe ubufatanye nk’ubu, ashimangira ko Abanyarwanda bafite ubushobozi bwo kugera kuri iyi ntego.

Perezida Kagame yavuze ko ubutabera nibudakora mu guhagarika ibikorwa by'ubugizi bwa nabi ku barokotse Jenoside, hazakoreshwa ubundi buryo.
Senateri Evode Uwizeyimana hamwe n'abandi bayobozi bari muri uyu muhango
Perezida w'Urukiko rw'Ikirenga Mukantaganzwa Domitilla yarahiriye inshingano ze imbere ya Perezida Kagame
Visi Perezida w'Urukiko rw'Ikirenga, Hitiyaremye Alphonse, ubwo yagezaga indahiro ye ku Mukuru w'Igihugu
Perezida Kagame yavuze ko ubutabera bukwiye gukora mu gukurikirana abahohotera abarokotse Jenoside
Senateri Evode Uwizeyimana hamwe n'abandi bayobozi bari muri uyu muhango
Perezida Kagame wakiriye indahiro z'abayobozi b'Urukiko rw'Ikirenga yasabye ko ubutabera bukora mu gukemura ibibazo byugarije Abanyarwanda
Minisitiri w'Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, aganira na Minisitiri Consolée Uwimana
Minisitiri Bizimana Jean Damascene na Senateri Mukabalisa Donathille bungurana ibitekerezo
Umuyobozi Mukuru wa RDB, Francis Gatare, aganira na Minisitiri w'Urubyiruko, Dr. Jean Nepo Abdallah Utumatwishima
Depite Odette Uwamariya (iburyo) ni umwe mu bari mu cyumba cy'Ingoro y'Inteko Ishinga Amategeko

Amafoto: Kwizera Herve
Video: Igisubizo Isaac


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .