00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Kagame na Tshisekedi bazitabira Inama idasanzwe ya SADC na EAC

Yanditswe na Ntabareshya Jean de Dieu
Kuya 3 February 2025 saa 07:59
Yasuwe :

Perezida wa Kenya, akaba n’Umuyobozi w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, EAC, William Ruto, yatangaje ko Perezida Kagame na Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bazitabira Inama Idasanzwe izahuza Umuryango wa EAC n’Umuryango w’Ubukungu n’Iterambere rya Afurika y’Amajyepfo, SADC, izabera i Dar es Salaam.

Mu bandi bakuru b’ibihugu bamaze kwemeza ko bazitabira iyi nama harimo Perezida Suluhu Samia wa Tanzania uzakira iyi nama, Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo, Yoweri Museveni wa Uganda na Hassan Sheikh Mohamud wa Somalia.

Perezida Ruto yakomeje avuga ko umutekano n’amahoro ari ingenzi mu bucuruzi n’ishoramari mu Karere kandi ko yishimiye kuba abayobozi ba SADC na EAC bamaze kwemeranya ku nama idasanzwe ihuriweho.

Ati “Amahoro n’umutekano ni ingenzi ku bucuruzi n’ishoramari mu Karere kacu. Nishimiye ko ubuyobozi bwa SADC na EAC bumaze kwemeranya ku nama ihuriweho yiga ku makimbirane akomeje mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

Inama idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, EAC, yari iherutse gusaba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuyoboka inzira y’ibiganiro na M23 hagamijwe gushaka amahoro arambye.

Abakuru b’ibihugu bya EAC kandi bagaragaje ko Umuryango w’Ubukungu n’Iterambere ry’Ibihugu bya Afurika y’Amajyepfo (SADC) ukwiriye kuzaganira na EAC ku buryo bwo gutwara ibintu muri Congo.

Perezida Ruto yahawe inshingano yo gutegura no kuvugana n’abayobora SADC ku buryo mu minsi mike hakorwa inama ihuza impande zombi.

Ku wa 31 Mutarama 2025 na bwo mu nama idasanzwe y’abakuru b’ibihugu na za guverinoma b’Umuryango wa Afurika y’Amajyepfo (SADC), hemejwe ko hategurwa inama y’igitaraganya ihuriwemo n’uyu muryango n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, EAC kugira ngo higwe ku kibazo cy’umutekano muke mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Kugeza ubu SADC ifite ingabo ziri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zagiyeyo muri 2023, aho zifatanya n’Ingabo za Leta FARDC n’imitwe zifatanya nayo kurwanya M23.

Perezida wa Kenya, William Ruto, yemeje ko iyo nama izabera muri Tanzania

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .