00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Inácio Lula wa Brésil yahumurije abaturage nyuma yo kubagwa

Yanditswe na Ntabareshya Jean de Dieu
Kuya 15 December 2024 saa 09:18
Yasuwe :

Perezida wa Brésil, Luis Inácio Lula da Silva, yahumurije abaturage nyuma yo kubagwa kubera ikibazo cy’uburwayi yari yagize ku bwonko, abizeza ko akomeye kandi yiteguye kugaruka mu nshingano vuba.

Mu ntangiriro z’iki cyumweru ni bwo byamenyekanye ko Perezida Luis Inácio Lula afite ikibazo cy’uburwayi, aho amaraso yaviriyemo imbere hagati y’ubwonko n’igice cy’ururenda rurinda ubwonko ‘dura mater membrane’.

Byasabye abaganga ko bamubaga kugira ngo bayakuremo.

Ku wa Gatanu, tariki ya 13 Ukuboza 2024, Perezida Lula yashyize hanze amashusho amugaragaza agenda ndetse yemeza ko ameze neza nyuma yo kubagwa mu ntangiriro z’iki cyumweru.

Yifashishije urubuga rwe rwa X, Perezida Luiz Inácio Lula da Silva yanditse ahumuriza abaturage ndetse abizeza ko yiteguye kugaruka mu nshingano.

Ati “Muhumure. Ndakomeye kandi mfite imbaraga! Ndagenda mu byumba... ndavuga, ndya neza kandi bidatinze nzaba niteguye gusubira mu rugo gukomeza akazi no kwita ku muryango w’Abanya-Brésil bose."

Mu mashusho yasangije abamukurikira, yagaragaye ari gutembera mu nzira zo ku bitaro ari kumwe n’inzobere mu kubaga ubwonko, Marcos Stavale.

Ni yo mashusho ye ya mbere yari ashyizwe hanze guhera mu ntangiriro z’iki cyumweru.

Ubwo yagiraga ikibazo ari iwe mu rugo, uyu mugabo nibwo yahise yihutanwa ku bitaro bya Sirio-Libanes biherereye mu Mujyi wa Sao Paulo. Yabazwe ku wa Kabiri bagamije kumugabanyiriza umuvuduko w’amaraso ku bwonko.

Byatangajwe ko yamaze gukurwa mu cyumba cy’indembe kandi ko byitezweho ko ashobora gusezererwa mu bitaro mu cyumweru gitaha.

Lula w’imyaka 79 yatorewe kuyobora Brésil mu 2022 mu matora y’icyiciro cya kabiri yatsinzemo Jair Bolsonaro wari usanzwe ku buyobozi.

Perezida Inácio Lula wa Brésil yagaragaye agenda nyuma yo kubagwa, ndetse yemeza ko ameze neza
Perezida Inácio Lula wa Brésil yahumurije abaturage nyuma yo kubagwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .