00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Gnassingbé wa Togo yashimye icyizere Abanyarwanda bongeye kugirira Paul Kagame

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 23 July 2024 saa 01:31
Yasuwe :

Perezida wa Repubulika ya Togo, Faure Essozimma Gnassingbé, yashimiye Perezida Paul Kagame ku bw’intsinzi yabonye mu matora y’Umukuru w’Igihugu, ashimangira ko amajwi Abanyarwanda bamuhaye ari ikimenyetso cy’icyizere bamufitiye.

Komisiyo y’igihugu y’amatora, NEC, kuri uyu wa 22 Nyakanga 2024 yashimangiye bidasubirwaho intsinzi ya Perezida Kagame y’amajwi 99,18%. Yari ahakanye na Dr. Frank Habineza wagize 0,50% na Mpayimana Philippe wagize 0,32%.

Gnassingbé, mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga X kuri uyu wa 23 Nyakanga 2024, yabwiye Perezida Kagame ati “Perezida Paul Kagame, kongera gutorwa na benshi kwawe kwerekana icyizere abaturage bagifitiye imiyoborere yawe n’icyerekezo cyawe ku hazaza n’igihugu cyanyu.”

Perezida wa Togo yakomeje ati “Mfashe uyu mwanya kugira ngo mwebwe n’Abanyarwanda mbagezeho ishimwe rikomeye ryanjye n’abaturage ba Togo.”

Yagaragarije Perezida Kagame ko afite icyizere cy’uko muri manda nshya, u Rwanda na Togo bizakomeza ubufatanye bifitanye n’ubuvandimwe buri hagati y’abaturage b’ibihugu byombi.

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Togo bifitanye amasezerano y’ubufatanye mu koroshya ingendo z’indege hagati y’impande zombi, aha u Rwanda uburenganzira busesuye bwo gukoresha ibibuga by’indege biri i Lomé.

Ubwo aya masezerano yashyirwagaho umukono muri Gicurasi 2018, Uwihanganye Jean de Dieu wari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, yavuze ko u Rwanda ruzajya rwohereza byoroshye umusaruro urimo uw’ibirayi n’indabo.

Yaragize ati “Nk’ibirayi muri biriya bihugu byo mu burengerazuba, si igihingwa gihigwayo cyane ku buryo dutekereza ko dukoresheje kompanyi yacu y’indege ya RwandAir bishobora kujyanwa hanze, harimo n’ibindi bihingwa bitandukanye.”

Perezida Gnassingbé yashimiye Perezida Kagame intsinzi yabonye mu matora y'Umukuru w'Igihugu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .