00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Obasanjo yasabye Perezida Ndayishimiye ko icyerekezo cy’u Burundi kitagarukira mu magambo

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 7 December 2024 saa 09:52
Yasuwe :

Olusegun Obasanjo wayoboye Nigeria igihe kirekire yasabye Perezida Evariste Ndayishimiye ko icyerekezo cy’u Burundi cya 2040 na 2060 kidakwiye kugarukira mu magambo, ahubwo ko gikwiye gushyirwa mu bikorwa.

Mu kiganiro cyahuje Leta y’u Burundi n’abafatanyabikorwa mu iterambere, Perezida Ndayishimiye yagaragaje ko igihugu cyabo giteganya kuba igihugu cyifashije mu 2040 n’igiteye imbere mu 2060.

Uyu Mukuru w’Igihugu yasobanuye ko u Burundi bufite ibisabwa byose byabufasha kugera kuri ibi byerekezo bibiri, kandi ngo bwabihawe n’Imana.

Obasanjo yagaragaje ko igenamigambi ry’u Burundi kuri ibi byerekezo ari ingenzi cyane, amenyesha Perezida Ndayishimiye ko ariko hari benshi barigize, ntibarigeraho kubera ko byagarukiye mu magambo.

Yagize ati “Igenamigambi rifite akamaro kandi ni ingenzi cyane, ni ryo mwakoze. Kubera iki twumvise imigambi n’iteganyamigambi byinshi bitageze ku ntego? Impamvu yoroshye ni uko bitashyizwe mu bikorwa uko bikwiye.”

Obasanjo yagaragaje ko ibihugu bidakwiye gutegura imigambi gusa, nta bikorwa, ati “Ntabwo twaguma mu migambi n’igenamigambi gusa, tugomba no gutekereza mu by’ukuri kubishyira mu bikorwa. Icyo ni cyo gihora ari ikibazo.”

Ashingiye ku cyizere Perezida Ndayishimiye yatanze, ko u Burundi bufite ibikenewe kugira ngo bugere kuri ibi byerekezo, Obasanjo yagaragaje ko bidakwiye gupfushwa ubusa.

Ati “Bwana Perezida, watubwiye ko iki gihugu gifite byose gikeneye cyahawe n’Imana ariko se twabikoresha neza dute, cyane cyane amahirwe akomeye u Burundi bufite? Nabonye ko dukwiye gukora ibishoboka kugira ngo aya mahirwe akomeye ntatakare mu buryo ubwo ari bwo bwose.”

Ibi biganiro byamaze iminsi ibiri. Byibanze ku ishoramari no kongerera abaturage ubushobozi. Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye mu Burundi ryemereye Leta y’u Burundi inkunga ya miliyari y’amadolari ya Amerika yo kuyishyigikira mu igenamigambi rya 2025-2027.

Perezida Ndayishimiye yabwiye abafatanyabikorwa b'u Burundi ko bufite byose bikenewe kugira ngo bugere ku byerekezo byombi
Olusegun Obasanjo yabwiye Perezida Ndayishimiye ko amahirwe u Burundi bufite bukwiye kuyabyaza umusaruro
Ibi biganiro byitabiriwe n'abafatanyabikorwa b'u Burundi batandukanye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .