00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Ndayishimiye yashinje Abarundi batemera iterambere ry’igihugu kuba ’impumyi’

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 21 December 2024 saa 11:13
Yasuwe :

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko Abarundi bemera ko igihugu cyabo gikennye babitewe n’ikigeragezo cy’ubuhumyi, cyatumye batabona ubutunzi bwinshi gifite.

Ibi yabivuze ubwo abo mu nzego z’umutekano bari mu birori byo kumwifuriza hamwe n’umuryango we umwaka mushya mwiza wa 2025, byabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa 20 Ukuboza 2024.

Yagize ati “Niba bakubwira ngo u Burundi si igihugu gikize, ndagira ngo mbabwire ko gikize ahubwo hari ikigeragezo cyari cyadufashe twese, tuba nk’impumyi, ntitwigera tubona ubutunzi igihugu gifite kugira ngo tubukoreshe.”

Perezida Ndayishimiye yatangaje ko Abarundi bamaze kubona aho ubutunzi bw’igihugu buherereye, ateguza ko mu 2025 kizatangira kubusarura.

Uyu Mukuru w’Igihugu ariko yatangaje ko hari abantu yise “ba rusahurira mu nduru” b’abanyeshyari bashobora kubabazwa n’uko u Burundi bugiye gusarura ubu butunzi. Yasabye Abarundi kuba maso.

Muri Nyakanga 2024, Perezida Ndayishimiye yatangaje ko yabonye amabuye y’agaciro yari yarahishwe mu myaka myinshi ku musozi wa Murehe mu ntara ya Kirundo. Yasobanuye ko azafasha u Burundi kuva mu bihugu bihabwa imfashanyo.

Perezida Ndayishimiye yabwiye abo mu nzego z'umutekano ko u Burundi bukize
Ku bemeza ko u Burundi bukennye, Perezida Ndayishimiye yasobanuye ko babiterwa n'ikigeragezo cy'ubuhumyi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .