00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nangaa yagaragaje ko Tshisekedi agomba kuva ku butegetsi

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 7 April 2025 saa 06:44
Yasuwe :

Umuyobozi w’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Corneille Nangaa, yagaragaje ko Perezida Félix Tshisekedi Tshilombo agomba kuva ku butegetsi kuko akomeje kuyobora nabi iki gihugu.

Kuva tariki ya 5 kugeza ku ya 6 Mata 2025, Umujyi wa Kinshasa wibasiwe n’umwuzure wishe abantu 33, abandi 46 barakomereka, inzu zirenga 200 zirarengerwa nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’Umutekano w’Imbere, Jacquemain Shabani.

Ubwo Nangaa yafunguraga Ikigega cy’Ubwizigame cy’Abanye-Congo (CADECO) i Goma kuri uyu wa 7 Mata, yagaragaje ko ibiza nk’uyu mwuzure biterwa n’uko ubutegetsi bwa RDC butigeze bwita ku bikorwaremezo by’igihugu.

Yasobanuye ko ibyabereye i Kinshasa bigaragaza ishusho ya RDC iri mu butegetsi bwa Tshisekedi, ati “Iyi ni ishusho ya RDC iyoborwa n’ubutegetsi bw’iterabwoba kandi buvangura bwa Tshisekedi. Ibi bigomba guhagarara! Tshilombo agomba kugenda!”

Uyu munyapolitiki yatangaje ko ubwo abarwanyi ba AFC/M23 bafataga Umujyi wa Goma, tariki ya 27 Mutarama na Bukavu tariki ya 16 Gashyantare, Leta ya RDC yafunze amabanki yahakoreraga, igamije guhana abaturage.

Ati “Ese mbibutse ko amafaranga ari muri banki zitandukanye atari aya bene izo banki cyangwa Leta ya Congo? Tshilombo agomba kumva ko amafaranga yayobeje ari ay’abayabitse, ari bo abakora ibikorwa by’ubukungu, abakozi ba rubanda, abashoramari n’abaturage b’Abanye-Congo?”

Nangaa yagaragaje ko icyemezo Leta ya RDC yafashe kigira ingaruka zikomeye ku bukungu bw’igihugu, kuko gituma abaturage bashakisha inzira zinyuranyije n’amategeko babonamo amafaranga, kikanahombya abacuruzi.

Ati “Icyaha cy’ubukungu cyakozwe na Tshisekedi cyatumye bamwe mu baturage bajya mu bihugu by’abaturanyi kubikurizayo amafaranga, byongera ibyago byo gusohoka kw’amafaranga y’igihugu.”

Corneille Nangaa yasobanuye ko uretse kuba icyemezo cya Tshisekedi kinyuranyije n’Itegeko Nshinga n’andi mategeko, binagize ibyaha byibasiye inyokomuntu. Yanenze umuryango mpuzamahanga ubibona, ugaceceka.

Corneille Nangaa yagaragaje ko RDC iri mu maboko mabi, bityo ko Tshisekedi agomba kwegura

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .