00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Musenyeri Rusengo yasabye FARDC kutarwanira muri Bukavu

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 8 February 2025 saa 07:52
Yasuwe :

Arikiyepisikopi Gatolika wa Bukavu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Musenyeri François-Xavier Maroy Rusengo, yasabye ingabo z’iki gihugu (FARDC) kwirinda kurwanira mu mujyi wa Bukavu.

Yifashishije ibyanditse muri Zaburi 124:8 bigira biti “Gutabarwa kwacu kuboneka mu izina ry’Uwiteka, waremye Ijuru n’Isi”, Musenyeri Rusengo yibukije Guverineri w’intara ya Kivu y’Amajyepfo ko abamaze gupfira mu ntambara y’ingabo za RDC n’umutwe witwaje intwaro wa M23 ari benshi.

Musenyeri Rusengo yagize ati “Ni ngombwa kwirinda kurwanira mu mijyi minini no mu baturage b’abasivili”, agaragaza ko hari abasirikare ba Leta bajya ku rugamba cyangwa bavayo, bakicira abaturage ubusa, babitiranya n’abo bahanganye.

Uyu Mushumba yatangaje ko hari abasirikare ba RDC bafite umugambi wo gushyira imbunda mu baturage batuye mu mujyi wa Bukavu; bagamije guhindura uyu mujyi urubuga rw’intambara.

Yagize ati “Byatangiye kuvugwa ko hari abashaka gushinga intwaro ahatuye abaturage b’abanyamahoro, bisa no guhindura Bukavu urubuga rw’intambara. Bisaba gutekereza kabiri, hashingiwe ku bwicanyi bwabereye i Goma.”

Musenyeri Rusengo atanze ubu butumwa mu gihe Leta ya RDC ifite ubwoba bw’uko M23 izafata Bukavu mu gihe cya vuba, nyuma y’aho ifashe ibindi bice byo muri Kivu y’Amajyepfo birimo Nyabibwe na santere ya Kalehe. Ubu bivugwa ko ikibuga cy’indege cya Kavumu na cyo cyagoswe.

Musenyeri Rusengo yasabye abasirikare ba RDC kutica abasivili b'inzirakarengane muri Bukavu
Bivugwa ko ikibuga cy'indege cya Kavumu kiri mu bilometero bibarirwa muri 20 uva mu mujyi wa Bukavu, cyagoswe na M23

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .