00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyarwanda mu bahohotewe nyuma yo kwemeza intsinzi ya Chapo muri Mozambique

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 24 December 2024 saa 11:07
Yasuwe :

Nyuma y’aho Urukiko rwa Mozambique rushinzwe kurengera Itegeko Nshinga kuri uyu wa 23 Ukuboza 2024 rushimangiye intsinzi ya Daniel Francisco Chapo mu matora ya Perezida, abashyigikiye umunyapolitiki Venâncio Mondlane batangiye imyigaragambyo by’umwihariko mu mujyi wa Maputo.

Ubwo uru rukiko rwari rumaze gushimangira intsinzi ya Chapo wagize amajwi 65,15%, Mondlane yatangaje ko Abanya-Mozambique bagomba kwitegura ibihe bikomeye kuko ngo yiteguye kurwana urugamba ruzamugeza ku ntsinzi.

Mondlane wateguye indi myigaragambyo ikomeye yabaye kuva mu mpera z’Ukwakira 2024, yagize ati “Amateka akorerwa mu bihe by’amahwa, mu bihe by’urutare kandi ukuri ni uko intsinzi tuzayibona.”

Amashusho menshi yafashwe ku mugoroba wo kuri uyu wa 23 Ukuboza agaragaza abaturage bashyigikiye Mondlane bangiza ibikorwaremezo, basahura amaduka y’abacuruzi, ayandi bayatwika.

Visi Perezida w’umuryango w’Abanyarwanda baba muri Mozambique, Iyamuremye Jean Damascène, kuri uyu wa 24 Ukuboza yatangarije IGIHE ko mu maduka yasahuwe harimo ay’Abanyarwanda.

Iyamuremye yagize ati “Abaturage biraye mu maduka, yaba ay’Abanyarwanda, yaba ay’abandi nk’Abashinwa, abo mu bihugu bya Asia, barasahura.”

Yabajijwe niba umubare w’Abanyarwanda bahohotewe wamenyekanye, asubiza ati “Abamaze gutaka barenga 20 nk’uko ndi kubibona ku mbuga za WhatsApp duhuriyeho.”

Hari impungenge ko iyi myigaragambyo ikomeza kandi igakomeza gufata intera ndende. Mu bihe nk’ibi, Abanyarwanda basabwa kwigengesera, bagakurikiza inama abayobozi babo babagira, hagamijwe kurinda umutekano wabo.

Abashyigikiye Mondlane batangiye kwangiza nyuma y'aho urukiko rwemeje ko Chapo yatsinze
Bangije ibikorwaremezo, basahura abaturage bagenzi babo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .