Inkundura yo kwibasira abakomoka muri Sudani y’Epfo yatangiriye ku rubuga X, ubwo umwe mu barukoresha tariki ya 28 Ukuboza 2024 yavugaga ko aba banyamahanga bamuhohoteye hamwe n’abandi Banyarwanda bari kumwe.
Ubutumwa bw’uyu Munyarwanda wiyise ‘McKyle’ bwatumye abakoresha izi mbuga bacika ururondogoro, bagaragaza ko Leta y’u Rwanda ikwiye gufatira ingamba abakomoka muri Sudani y’Epfo bose zirimo kubirukana.
Polisi y’u Rwanda yamusubije ibikorwa by’urugomo bitemewe, kandi ko abantu bose babikoze, harimo n’abanyamahanga babihanirwa n’amategeko. Yamwijeje ko igiye gukurikirana iki kibazo.
Yagize iti “Ibikorwa by’urugomo ntabwo byemewe. Abantu bose harimo n’abanyamahanga basabwa kubahiriza amategeko nk’uko bisabwa. Iyo bayarenzeho barabihanirwa hakurikijwe amategeko y’igihugu. Turakwizeza ko iki kibazo kigiye gukurikiranwa.”
Kuri uyu wa 29 Ukuboza, McKyle yatangaje ko bitandukanye n’ibyo yari yanditse mbere, avuga ko atari mu Banyarwanda yavuze ko bahohotewe n’abakomoka muri Sudani y’Epfo kuko ngo yari inkuru mbarirano.
Yasobanuye ko yashoboye kugenzura aya makuru, yifashishije amashusho yafashwe na CCTV Cameras zo muri Kigali City Mall, bigaragara ko impande zombi zashotoranye biturutse ku businzi.
Ati “Nyuma yo gukurikirana ibimenyetso bya nyabyo uko urugomo rwatangiye, twasanze impande zombi harimo gushotorana, bikaba ari na byo byakuruye urugomo biturutse ku gasembuye bose bari bafashe.”
Minisitiri Nduhungirehe kuri uyu wa 30 Ukuboza 2024 yashingiye kuri aya makuru, yibutsa ko “ubushyamirane mu rubyiruko budafite umwanya muri sosiyete nyarwanda, kandi amagambo yibasira Abanyesudani y’Amajyepfo by’umwihariko anyuranyije n’indangagaciro nyarwanda.”
Yasabye Abanyarwanda kwigira ku mateka yabo, bakirinda n’ubumwe n’ubworoherane, baca burundu amakimbirane n’ivangura iryo ari ryo ryose, abizeza ko mu gihe habayeho urugomo, inzego z’umutekano n’iz’ubutabera zizajya zikora iperereza kugira ngo amategeko akurikizwe.
Aya makuru yatangajwe mu gihe cy’iminsi mikuru. Minisitiri Nduhungirehe yasabye Abanyarwanda, cyane cyane urubyiruko, kuyizihizanya ituze n’ubwumvikane, gusigasira umutekano kandi runakirana abanyamahanga urugwiro.
Muraho,
Ibikorwa by'urugomo ntabwo byemewe. Abantu bose harimo n’abanyamahanga basabwa kubahiriza amategeko nk’uko bisabwa. Iyo bayarenzeho barabihanirwa hakurikijwe amategeko y’igihugu, turakwizeza ko iki ikibazo kigiye gukurikiranwa.
Murakoze https://t.co/BO4pRqx6Lt
— Rwanda National Police (@Rwandapolice) December 28, 2024
A CLEAR NOTE TO THE TWEET I TWEETED YESTERDAY OF ME AND MY FRIENDS.
Mubyukuri I wasn't on the place of the incident igihe urugomo rwabaga, I was called by a friend of mine nze ndebe uko bimeze nsanga birangiye. Then I tweeted according to what a friend narrated to me, pic.twitter.com/rHFUYJuWZ4
— McKyle (@KagameKyle) December 29, 2024
Dear #RwoX,
Amakuru y’ubushotoranyi n'imirwano hagati y'urubyiruko rw’Abanyarwanda n’urw'Abanyasudani y’Epfo yangezeho. Ndagira ngo nibutse ko ubushyamirane mu rubyiruko budafite umwanya muri sosiyete nyarwanda, kandi amagambo yibasira Abanyesudani y’Epfo by'umwihariko… pic.twitter.com/H6nPhqHZMC
— Olivier J.P. Nduhungirehe (@onduhungirehe) December 30, 2024
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!