00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Minisitiri Nduhungirehe na Marizamunda bitabiriye inama ya EAC-SADC

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 17 March 2025 saa 03:58
Yasuwe :

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, na Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda, bitabiriye inama y’abaminisitiri bo mu muryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika y’amajyepfo (SADC).

Iyi nama iri kubera i Harare muri Zimbabwe kuri uyu wa 17 Werurwe 2025, iyobowe na Minisitiri w’Intebe akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Kenya, Dr. Musalia Mudavadi, na mugenzi we wo muri Zimbabwe, Prof. Amon Murwira.

Aba baminisitiri bari kuganira kuri raporo yakozwe n’abagaba bakuru b’ingabo zo muri iyi miryango tariki ya 24 Gashyantare, ku ihagarikwa ry’imirwano n’ubushotoranyi no korohereza ibikorwa by’ubutabazi mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Bari kuganira kandi ku ishyirwaho ry’urwego tekiniki rwo mu bunyamabanga bw’iyi miryango, ruzagenzura ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro yo kugarura amahoro mu burasirazuba bwa RDC, yafashwe n’abakuru b’ibihugu ubwo bahuriraga i Dar es Salaam muri Tanzania tariki ya 8 Gashyantare.

Aba baminisitiri kandi bari gutegura umurongo w’uburyo imyanzuro yo kugarura amahoro mu burasirazuba bwa RDC izashyirwa mu bikorwa mu gihe gito, kiringaniye n’ikirekire, banarebera hamwe amafaranga azakenerwa.

Inama y’abaminisitiri bo muri EAC na SADC ikurikiye iyahuje abagaba bakuru b’ingabo ku wa 16 Werurwe, na yo yabareye i Harare. Gen Mubarakh Muganga w’u Rwanda yayitabiriye.

Dr Musalia Mudavadi wa Kenya yayoboye iyi nama nk'uhagarariye EAC
Prof. Amon Murwira wa Zimbabwe na we yayoboye iyi nama nk'uhagarariye SADC
Minisitiri Nduhungirehe na Marizamunda bari muri iyi nama
Iyi nama iri kubera i Harare muri Zimbabwe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .