00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Minisitiri Murasira yasobanuye impamvu ikigega cy’ingoboka cyemejwe mu 2015 kitarashyirwaho

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 26 February 2025 saa 04:19
Yasuwe :

Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj. Gen (Rtd) Murasira Albert, yavuze ko ikigega cy’ingoboka cyemejwe mu 2015 kitarashyirwaho bitewe n’uko amafaranga yagombaga gushyirwamo agenerwa izindi gahunda zihutirwa.

Ibi Minisitiri Murasira yabibwiye abadepite bagize Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umutekano mu Nteko Ishinga Amategeko tariki ya 25 Gashyantare 2025.

Yagize ati “Ni byo koko hari itegeko rya 2015 riteganya ko icyo kigega kigomba kujyaho, hari n’iteka ryari ryateguwe ry’icyo kigega. Gusa uburyo ryari ryateganyije bwari uko ari amafaranga agomba kujya hamwe, agategereza ko haba ibiza.”

Yakomeje ati “[Icyo kigega cyari kigenewe] ibiza bikomeye, atari bya bindi byakemurwa nko ku rwego rw’akarere aka n’aka.Twasanze ayo mafaranga atategereza kandi hari ibindi byihutirwa mu iterambere ry’igihugu.”

Yagaragaje ko bitewe n’iyo mbogamizi, ubu iteka ry’iki kigega rigomba gusubirwamo, ati “Ibyo byose byatumye twongera kureba ibyari byateguwe ngo iryo teka ribe ryasubirwamo.”

Minisitiri Murasira kandi yavuze ko ubu hari gushyirwa imbaraga mu gufasha abaturage kwirinda ibiza mu gihe cy’imvura harimo kubateguza mbere n’ubundi bukangurambaga butandukanye.

Ibyo Minisitiri Murasira yasobanuye biri mu biteganywa na politiki y’imicungire y’ibiza yo mu 2023, igamije kubaka igihugu gifite ubudahangarwa ku biza kandi gifite uburyo buhamye bwo gutabara abahuye na byo.

Minisitiri Murasira yasobanuriye abadepite ko amafaranga yagombaga gushyirwa muri iki kigega yakoreshejwe mu zindi gahunda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .