Minisiteri y’Ingabo yasobanuye ko bombi baganiriye ku bifitiye akamaro u Rwanda na Israel no ku kongerera imbaraga ubufatanye mu bya gisirikare hagati y’impande zombi.
Umubano w’u Rwanda na Israel watangiye kuva rwabona ubwigenge muri Nyakanga 1962, gusa wakomwe mu nkokora n’ingaruka z’intambara y’Abirayeli n’Abarabu mu 1973.
Nyuma y’umwaka umwe ingabo za RPA-Inkotanyi zibohoye u Rwanda, umubano warwo na Israel warasubukuwe, ndetse uranakomera kuko byaje kugera aho rushyira Ambasade yarwo i Tel Aviv.
U Rwanda na Israel bifitanye amasezerano y’ubufatanye mu guteza imbere inzego zitandukanye zirimo igisirikare, ubuhinzi n’ubworozi, ikoranabuhanga, uburezi no guteza imbere urwego rw’abikorera.
Minisitiri Marizamunda kandi yakiriye Ambasaderi wa Mali mu Rwanda, Brig Gen Mamary Camara.
Baganiriye ku kongera ubufatanye bw’ingabo hagati y’ibihugu byombi.


TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!