00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mahmoud Ali Youssouf wa Djibouti yatorewe kuyobora Komisiyo ya AU

Yanditswe na Igizeneza Jean Désiré
Kuya 15 February 2025 saa 06:01
Yasuwe :

Mahmoud Ali Youssouf usanzwe ari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Djibouti, yatorewe kuyobora Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, AU, asimbuye Moussa Faki Mahamat wari umaze imyaka umunani kuri uwo mwanya.

Mahmoud Ali Youssouf yatowe kuri uyu wa 15 Gashyantare 2025. Yatorewe i Addis Ababa mu nama isanzwe ya 38 y’abakuru b’ibihugu na za guverinoma ya AU.

Mahmoud Ali Youssouf uyoboye Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Djibouti kuva mu 2005, yari ahatanye na Raila Odinga wabaye Minisitiri w’Intebe wa Kenya na Richard Randriamandrato wo muri Madagascar.

Perezida wa Komisiyo ya AU, ni we muyobozi ushinzwe ibikorwa by’uyu muryango, akaba anawuhagarariye mu by’amategeko.

Perezida wa Komisiyo ya AU atorwa buri myaka ine mu nama isanzwe y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, agatorwa inshuro imwe ishobora kongerwa.

Mu nshingano ze harimo kureberera ubuyobozi bwa komisiyo ndetse n’ibijyanye n’imari, guteza imbere no kumenyekanisha intengo za AU no guteza imbere imikorere yayo.

Perezida wa Komisiyo ya AU kandi aba ashinzwe gutanga ubujyanama no guhuza ibikorwa by’abafatanyabikorwa batandukanye, nk’ibihugu binyamuryango, abafatanyabikorwa mu iterambere n’ibindi.

Moussa Faki Mahamat wari kuri uwo mwanya, yawugiyeho mu 2017, yongera gutorerwa manda ya kabiri mu 2021. Yari yungirijwe n’Umunyarwandakazi, Dr Nsanzabaganwa Monique.

Mahmdoud Ali Youssouf asanzwe ari Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga wa Djibouti kuva mu 2005
Asimbuye Moussa Faki Mahamat wari kuri uwo mwanya kuva mu 2017

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .